Kigali

Nyuma yo kubisabwa na benshi, Thacien Titus yasubiyemo imwe mu ndirimbo ze zakunzwe

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:16/12/2015 17:41
2


Thacien Titus wamenyekanye cyane ubwo yaririmbaga indirimbo’Aho ugejeje ukora’ kuri ubu yamaze gusubiramo imwe mu ndirimbo yasohoye kuri album ye ya mbere.



'Guma kukarago’ni imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane za Thacien Titus. Nyuma y’imyaka 9, kuri ubu yamaze kuyisubiramo ayikora mu buryo bugezweho nyuma y’uko abisabwe na benshi mu bakunda ibihangano bye. “Kuko yari yarakunzwe n’abantu benshi kandi idakosoye mu muziki, ntabwo yari icuranzwe mu buryo bugezweho, nicyo cyatumye nyisubiramo mu buryo bugendanye n'igihe tugezemo. Kubisabwa  n’abantu benshi, ahanini nayo ni imwe mu mpamvu yatumye mfata umwanzuro wo kongera kuyikora. Ubundi nari nayisohoye kuri volume ya mbere muri 2006 nayo ubwayo nari nayitiriye iriya ndirimbo.” Thacien avuga ku mpamvu yatumye asubiramo iyi ndirimbo.

Thacien Titus

Umuhanzi Thacien Titus

 Yunzemo ati “Uretse no kuba abantu bari babinsabye, ni indirimbo yihariye ku bakristu bose kuko akubiyemo ubutumwa bwo kunamba ku Mana, kandi isubizamo intege uwendaga kuzicika. ”

Thacien kandi yatangarije inyarwanda.com ko ntayindi ndirimbo ateganya gusubiramo muzasohokeye rimwe na ‘Guma kukarago’, ko ahubwo akomeje imyiteguro y’itunganywa rya album ye nshya  izaba ari iya 3 yise ‘Habura gato’ azamurika muri 2016.’Guma kukarago’ isubiwemo nayo ni imwe mu ndirimbo zizaba ziri kuri iyi album.

Kanda hano wumve’Guma kukarago remix’ ya Thacien Titus 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gretta9 years ago
    indirimbo zawe ziramfasha!be blessed
  • 9 years ago
    indirimbo zawe ni nziza pe! turazikunda cyane



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND