RFL
Kigali

Benshi mu banyarwanda bahisemo kuzasoza umwaka bishimana n'ibyamamare bitandukanye - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:6/11/2014 9:42
6


Mu gihe habura iminsi micye ngo umwaka wa 2014 urangire twinjire mu wa 2015, buri muntu wese arifuza gusoza umwaka mu byishimo akabona n’uko atangira umushya afite akanyamuneza. Mu bizanira umuntu akanyamuneza, habamo no kwishimisha mu buryo bunyuranye, benshi ubu bakaba bakibaza icyazabafasha kuryoherwa bidasanzwe n’impera z’umwaka.



Kwishimisha no kwidagadura ni kimwe mu by’ingenzi bifasha umuntu kugira akanyamuneza, gusa kwidagadura byo ntibikorwa mu buryo bumwe kuko hari abakunda muzika, amafilime, umupira w’amaguru, urwenya n’ibindi, bikaba akarusho iyo umuntu ukunda kimwe muri ibyo abashije kubonana no gusabana imbonankubone n’uwo akunda kandi asanzwe abona amufasha kwishima ariko atarabasha kwishimana nawe no kungurana nawe ibitekerezo.

Tariki 26 Ukuboza 2014 ubwo hazaba habura iminsi 5 gusa ngo umwaka urangire, uzaba ari umunsi benshi mu banyarwanda bamaze guhitamo kuzishimana n’ibyamamare bitandukanye byo mu Rwanda bizaba byateraniye mu birori bidasanzwe bizwi ku izina rya Inyarwanda Fans Hangout bizabera muri Hilltop Hotel i Remera, aho bazabasha kuganira, gusangira no kwifotozanya n’ibyo byamamare bagatahana urwibutso rw’ibyo bihe bidasanzwe kuri bo. Abaririmbyi bakomeye mu Rwanda, abakinnyi ya filime, abanyarwenya, abakinnyi b’umupira w’amaguru, abanyamakuru, abantu bagira impano zihariye nka Younger uzwi mu Gasobanuye, abayobozi bakuru b’igihugu biganjemo abakunda imyidagaduro, abo kimwe n’abandi benshi bakazaba baitabiriye uyu munsi w’ibyishimo no gusabana, kuburyo bizanyura buri wese uzaba ahari.

Aba ni bamwe mu byamamare bizitabira ibirori bya Inyarwanda Fans Hangout ariko aba bakomeje kongerwamo n'abandi

Aba ni bamwe mu byamamare bizitabira ibirori bya Inyarwanda Fans Hangout ariko aba bakomeje kongerwamo n'abandi

Aha ni mu birori by'umwaka ushize, Depite Bamporiki Edouard unazwi nka Tadeyo mu ikinamico urunana nawe yari ahari

Aha ni mu birori by'umwaka ushize, Depite Bamporiki Edouard unazwi nka Tadeyo mu ikinamico urunana nawe yari ahari

Abanyamakuru ba Televiziyo y'u Rwanda, Leoncie Kanzayire na Evelyne Umurerwa nabo bari bahari

Abanyamakuru ba Televiziyo y'u Rwanda, Leoncie Kanzayire na Evelyne Umurerwa nabo bari bahari

Ibi birori biba buri mwaka birangwa n'ibyishimo bidasanzwe

Ibi birori biba buri mwaka birangwa n'ibyishimo bidasanzwe

king

tom

Buri wese yifotozanya n'icyamamare ashaka, bakanasangira, bakaganira...

hangout

hangout

hangout

Buri wese yifotozanya n'icyamamare ashaka, bakanasangira, bakaganira...

Nyuma y’uko hatangijwe gahunda y’ibi birori, abantu batandukanye bakomeje kugenda berekana ko umunsi nyirizina ukomeje gutinda kuko bafite amatsiko yo kuzabona bishimana n’abantu b’ibyamamare mu ngeri zitandukanye, abantu b’ibyamamare mu nzego zitandukanye nabo bakazabasha gusabana no kuganira n’abandi badahuje umwuga.

1

2

3

4

5

chris

miss

kid

k

n

teta

Ibyamamare bitandukanye ndetse n'abakunzi babo bakomeje kwerekana ko badashobora gucikwa n'uyu munsi udasanzwe

Ibyamamare bitandukanye ndetse n'abakunzi babo bakomeje kwerekana ko badashobora gucikwa n'uyu munsi udasanzwe

Ibi birori by’akataraboneka bizaba guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba wa tariki 26 Ukuboza 2014, kwinjira bizaba ari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitanu gusa (5.000 Frw) kuri buri wese, aho bizabera hakaba ari I Remera mu Giporoso ku muhanda werekeza ku Kibuga cy’indege i Kanombe, muri Hilltop Hotel. Ukeneye kureba ibisobanuro birambuye harimo n'urutonde rw'ibyamamare bikomeje kwemeza ko bizitabira ibi birori, wajya kuri www.inyarwanda.com/hangout

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ay9 years ago
    so good show
  • NICK9 years ago
    TUZABAYO 2
  • Jimmy 9 years ago
    UBWO TETA DIANA AZAHABA NANJYE SINZATANGWA
  • uwase chantal9 years ago
    nibyiza gutaramana nabahanzi biwacu mu Rwanda
  • uwase chantal9 years ago
    nibyiza gutaramana nabahanzi biwacu mu Rwanda
  • BAYISENGE Philemon9 years ago
    MURAKOZE KUBWAYAMAKURU MUTUGEJEJEHO HAKIRI KARE





Inyarwanda BACKGROUND