RFL
Kigali

Gucunga umutekano ni business nk'izindi: HIGHSEC

Yanditswe na: Irakiza Jean Jacques
Taliki:25/12/2012 8:15
10


Highsec Security Company Ltd ni isosiyete icunga umutekano yashinzwe ku gitekerezo cy'urubyiruko rwishyize hamwe rwiyemeza gukura amabokomu mufuka. Kuri ubu bakaba bamaze imyaka 3 bakorera mu gihugu hose ndetse bakomeje kuba intangarugero mu kazi bakora.



Mu kiganiro n’abayobozi ba High Sec Security batangarije Inyarwanda.com uko igitekerezo cyo gushinga iyi sosiyete cyabajemo.

Bwana Sinzinkayo Eugene umuyobozi mukuru ati: “Ibi tubikora nka Business nk’izindi ikindi kandi ni ikintu ubona gishobora kugira inyungu, birunguka iyo ubikoze neza, mbese twihangiye umurimo muri serivise z’umutekano.”

Abajijwe akarusho bafite kurusha abandi batanga serivisi nk’izi, Eugene yagize ati: “Hari ikintu abantu bari barishyizemo ko abasekirite bamwe batizewe, abandi bariba mbese bafite uko babivuga ku buryo bubi, aho niho twahereye, twubaka isosiyete nk’abantu bakiri bato ariko ifite abakozi bahuguwe kandi bakurikiranwa umunsi ku wundi.”

Eugene akaba yemeza ko amahugurwa n’ikurikirana bagirira abakozi babo bituma batanga serivise z’intangarugero, akaba aribyo bituma bakomeza kugirirwa icyizere aho barinda hose.

Eugene

Eugene Sinzinkaboumuyobozi wa HighSec mu biro

High Sec, Nyuma y’imyaka 3 itangiye gukora ikaba ifite abakozi bashinwe kurinda umutekano barenga 160 barinda umutekano ahantu hatandukanye nko mu bigo byigenga, ibya leta, ibigo by’imari iciriritse (microfinance) ingo z’abantu ku giti cyabo, bakanarinda abantu ku giti cyabo ndetse bakaba bafite umushinga wo gushinga indi mitwe yihariye harimo n’umutwe ushinzwe kurinda ibirombe.

Mu karusho iyi kompanyi igira kubo icungira umutekano, harimo ko iba yishyuye ubwishingizi ku buryo iyo hagize ikibazo kivuka bwa bwishingiza buhita bwishyura icyahungabanye.

abasekirite

BAmwe mu bakozi ba Highsec mu myambaro y'akazi

high

Muri Highsec habarurirwamo n'ab'igitsina gore.

high

Highsec ifite icyicaro i Remera ahateganye n'urusengero rw'Abadivantisiti.

Jean Paul IBAMBE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • irene8 years ago
    nkunda company yange yangejeje kuri byinshi
  • Aime8 years ago
    ni company nziza ariko ikibi cyayo abakozi bigurira imyenda yakazi
  • matabaro emmanuel8 years ago
    umuntu ashaka kwinjiramo bisaba iki ?
  • 6 years ago
    nukomwajyamuduhembakale
  • ninsengiyumvajanvier6 years ago
    esekotwainguzanyotugategerezatugaha.bibabyagenze.gute.nicyocyifuzo.nabaza.mugireibihebya.ni.nsengiyumua,janvier.huye
  • IRADUKUNDA Deo valens4 years ago
    hello ndabakiunda cyane mwatumye nitezimbere ubwo ubushomeri bwari bujyeze habi ndabashimiye cyane arko mukore uko mushoboye muvugurure uniform murakoze cyane
  • Nitwa nzarora faustin3 years ago
    Nukuri turabashima kuko mwadutekerejeho nkurubyiruko ark nta mpuzankano(uniform),niyo muyiduhae ntamikandara muduha cq inkweto tubyishakaho Ikindi muzabyigeho mutwongeze umushahara kd murebe ukuntu mwaga muduhembera igihe kuko harimo nkabakozi bafite imiryango bitaho ubworero mutwongeje byadufasha .
  • Twitegure Jean Claude3 years ago
    Mwaramutse Neza Njyewe Twitegure Jean Claude Ndumukozi Wanyu Nkorera Mumujyi Wa Rubavu Mwazadufasha Abakozi Tutagira Amasezerano Yakazi Tukayabona
  • Jemimah umuhoza2 years ago
    Nkubu ntimukiduhemberigihe byagenze bite???
  • Over design8 months ago
    Munjyamutanga uniform yuzuye nkimikandara inkweto kandimwongeze umushahara nitariki bahemberwaho





Inyarwanda BACKGROUND