Mu gihe u Rwanda rwinjiye mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 31 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Rabagirana Ministries yateguye ibikorwa by’isanamitima bigamije gufasha abantu gukira ibikomere batewe n’ayo mateka, aho uyu mwaka yibanze cyane ku rubyiruko.
Uyu muryango wa gikristo
usanzwe wita ku isanamitima n’ubumwe bw’abanyarwanda, usanga ari ingenzi ko
urubyiruko rufata iya mbere muri uru rugendo, kuko ari rwo Rwanda rw’ejo.
Rabagirana Ministries iharanira ko abantu bakira ibikomere banyuzemo, biganisha
ku buryo bwiza bwo kubana mu bumwe n’urukundo.
Mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Rabagirana Ministries yateguye gahunda zitandukanye zirimo Kwibuka ku rwego rw’Umusozi w’Ubumwe aho biteganyijwe ko bazibuka abajugunywe muri Nyabarongo.
Biteganyijwe kandi ko hazasurwa urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’urubyiruko
ruba ku musozi w’ubumwe, ndetse no gutegura umugoroba w’ihumure ku bufatanye n’itsinda
rya Kumbayah ribumbatiye urubyiruko rw’abaririmbyi batanga ubutumwa bw’ihumure
babinyujije mu bihangano.
Rabagirana Ministries kandi yatangije “Mpore Campaign” izamara icyumweru, guhera tariki 7 kugeza kuya 13 Mata 2025, aho abafashamyumvire bazaba bahari ku Musozi w’Ubumwe (Rusheshe, Mbabe na Ayabaraya) bakakira abantu bose bifuza gusangiza abandi ibikomere no gusabana n’abandi mu rwego rwo gukira.
Muri iki cyumweru kandi hazatangwa
amahugurwa y’isanamitima ku rubyiruko, ababyeyi, abayobozi b’amatorero n’abandi
bakora umurimo w’isanamitima n’ubujyanama.
Mu kiganiro
n'abanyamakuru, Rabagirana Ministries yagarutse ku ruhare rw’ababyeyi mu
gusangiza abana amateka kugira ngo bafashe igihugu gukumira ibyabaye mu 1994,
kutazongera kubaho ukundi.
Igihozo Takia, umwe mu
rubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze uko
yahishuye ko na we ari mu bagizweho ingaruka na Jenoside nubwo yabaye
atarabaho.
Ati: "Mu bihe byo
kwibuka, ndibuka neza ko mfite imyaka 8 nibwo twagiye gushyingura mu
cyubahiro abantu bo kwa Mama. Mubaza amakuru menshi yanga kuyambwira, njyenda
mbona uko boza imibiri, nkabimubaza, akambwira ngo 'uyu ni musaza wanjye, uyu
ni marume, n'abandi ambwira ariko ntazi uko bapfuye. We yarambwiraga ngo
barapfuye gusa, barabishe, bikarangirira aho."
Yagarutse ku bikomere bya
Jenoside yakorewe Abatutsi urubyiruko rwavutse nyuma yayo ruhura na byo,
aragira ati: Abenshi mu rubyiruko, uzi kumva sogokuru wawe utazi, ukamenya
n'urupfu yapfuye? Iyo ubwayo ni inkuru ibabaje."
Igihozo yakomeje
akangurira urubyiruko guhagurukira kumenya ukuri ku mateka mabi yaranze u
Rwanda basura inzibutso kuko ari yo soko nzima y'amakuru y'ukuri, kandi bagashishikarira
guhamya ukuri ku mbuga nkoranyambuga aho guterana amagambo n'abahakana
n'abapfobya Jenoside cyangwa ngo baterere iyo.
Umurerwa Claudine (Mama
Liza), umubyeyi w'abana batatu wapfakajwe na Jenoside utuye ku Musozi w’Ubumwe
i Rusheshe mu Murenge wa Masaka, yavuze ko mbere yajyaga yikingirana mu cyumba
igihe cyose hatangiye icyumweru cyo kwibuka kugira ngo abana be kugira icyo
bamusobanuza kuko yari agikomeretse. Ati: “Igihe cyo kwibuka najyaga mu cyumba
nkikingirana singire icyo mbabwira.”
Mama Liza avuga ko
Rabagirana Ministries yamugezeho yararakariye ibintu byose ndetse yarageze no
ku rwego rwo kwanga Imana. Ati: “Yasanze naranze Imana, turigishwa dutangira
kuba abantu, twari ibisenzegeri dutangira kugenda tubohoka, dutangira kumva ko
abo bantu duturanye na bo ari abantu nkatwe. Njye nari umuntu wari wararakaye,
nararakariye Imana, ntangira kugenda nkira ibikomere buhoro buhoro.”
Yakomeje agira ati:
“Ubwira umwana, nawe ari uko umaze gukira.”
Umuhuzabikorwa Wungirije
w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Kicukiro, Uwayo Rwema Emmanuel, yavuze
ko urubyiruko rugomba kugira uruhare mu gukumira amacakubiri no kurwanya
abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yagize ati: “Urubyiruko
ni twe dufite uruhare rw’uko amateka yacu akwiriye kutubera ikimenyetso cy’uko
ibyabaye bitazongera. Tureke kuba ntibindeba, niba habaye
gahunda za Leta twumve ko tugomba kujyanamo n’abayobozi kandi n’ababyeyi
bakatubwira amateka ya nyayo. Abatagaragaza amateka ya nyayo ni bo batuma
hakomeza kubaho urujijo.”
Rabagirana Ministries irasaba
amatorero adafunze kwibuka ko akwiriye kuzirikana inshingano yo gusana imitima
n’ubujyanama muri ibi bihe byo kwibuka.
Uyu muryango kandi
urasaba abantu bakuru n’ababyeyi kwisuzuma bakemera ko bagikomeretse bagashaka
ubufasha binyuze mu gusenga, no kwitabira ibikorwa by’isanamitima. Ngo ibi bizatuma
bagira imbaraga zo kuganira n’abato kuri Jenoside yakorewe abatutsi
batababibyemo uburakari, ubwoba, urwango, cyangwa ikimwaro.
Ku bakiri bato bibitsemo
byinshi utapfa kumenya, ‘turabasaba kugaragaza ukuri, kwirinda uburyarya no
gushishoza. Bibiliya itubwira ko nitugendera mu mucyo, nibwo amaraso ya Kristo
abasha kutweza. (1Yohana 2).’
Uyu muryango ufite
icyicaro i Masaka mu Karere ka Kicukiro umaze imyaka irindwi ukora ibikorwa
by’isanamitima mu mashuri, mu magereza, mu bigo bya leta, mu bigo byigenga no
mu matorero.
Ufite umwihariko wo kugeza ubutumwa ku bantu banyuze mu mateka atandukanye, cyane cyane abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayigizemo uruhare, kugira ngo babashe kubana barabohotse.
Uretse ubujyanama n’amahugurwa, Rabagirana Ministries
yanashyizeho Umusozi w’Ubumwe uherereye mu Murenge wa Masaka, Akagari ka
Rusheshe, aho duhuriza abantu baturutse mu mateka atandukanye mu matsinda y’ubumwe, bagahabwa amahugurwa y’isanamitima bakanakorera hamwe ibikorwa by’iterambere mu rwego rwo kurushaho kubaka igihugu kibereye bose.
Binyuze mu nyigisho,
ubuhanzi, ibitabo bikora ku mutima n’inama zituma umuntu abohoka, uyu muryango
ushyira imbere ubukristo nk’imwe mu nkingi zo gukira ibikomere.
Rabagirana Ministries
yibukije uruhare rw'isanamitima mu rubyiruko mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya
31 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi Nshingwabikorwa
wa Rabagirana Ministries, Mukunzi Louange, avuga ko Umuryango usanzwe ukora ibikorwa byo kwibuka
by’umwihariko kuri iyi nshuro ukaba uzibanda ku rubyiruko
Umurerwa Claudine wapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi
agaragaza ko bishoboka ko umuntu yababarira akibabaye
Pst Munyamampa Eugène,
Umukozi muri Rabagirana Ministries, agaragaza ko ababyeyi bakwiye kuba bafite
ubutumwa baha abo babyaye
Igihozo Takia avuga ko ababyeyi
bagizweho ingaruka na Jenoside iyo bacecetse bituma urubyiruko rujya
gucukumbura ibyo rutazi
Uwayo Rwema Emmanuel,
Umuhuzabikorwa wungirije w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Kicukiro,
avuga ko uruhare rw’urubyiruko muri gahunda y’isanamitima ari urugendo
Bamwe mu rubyiruko
rubarizwa muri Rabagirana Ministries
TANGA IGITECYEREZO