RURA
Kigali

Wizkid yateye akanyabugabo abakinnyi ba Nigeria mbere yo gukina n’u Rwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:20/03/2025 15:54
0


Umuhanzi ukomeye wo muri Nigeria, Wizkid, yagaragaje ko ashyigikiye ikipe y’igihugu ya Nigeria, Super Eagles, mbere y’umukino ukomeye wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, bazakina na Amavubi y’u Rwanda i Kigali.



Ikipe y’igihugu ya Nigeria iri mu mwiherero ukomeye, aho umutoza mushya Eric Chelle ari mu kazi gakomeye kugira ngo bazitware neza muri aya marushanwa. 

Amashusho y’imyitozo y’iyi kipe akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abakinnyi ba Nigeria bari mu myitozo bafite ubushake bwo gutsinda u Rwanda.

Umuhanzi ukomeye wo muri Nigeria, Wizkid yifashishije urukuta rwe rwa X maze atanga ubutumwa bwuzuyemo amarangamutima atera akanyabugabo ikipe y’igihugu ya Nigeria, agira ati: “Ikipe imeze nkaho ari nshya ya Super Eagles! Nkunda imbaraga zanyu.”

Uyu muhanzi ukomeye muri Afrika akomeje kugaragaza urukundo afitiye ikipe y’igihugu ye, bikaba byatumye abafana bongerwa imbaraga mbere y’uyu mukino ukomeye kubera ko babonye ko inashigikiwe na Wizkid.

Uyu mukino uzabera kuri Stade Amahoro i Kigali ku wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe 2025, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Super Eagles ifite intego yo gutsinda, kuko ifite amanota atatu gusa mu mikino ine ya mbere yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi ikaba iri ku mwanya wa gatanu.

Ikipe ya Nigeria yamaze kwakira abakinnyi bose uko ari 23, nyuma y’uko umukinnyi wo hagati ukina muri Major League Soccer, Alhassan Yusuf, yageze mu mwiherero. 

Nyuma yo gukina n’u Rwanda, Nigeria izakira Zimbabwe i Uyo ku wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe, mu wundi mukinoidashaka gutakaza.

Nubwo batangiye nabi iyi mikino y’amajonjora, abakinnyi ba Super Eagles berekanye icyizere cyo kuzahura amahirwe yabo. 

Abakinnyi bakuru nka William Troost-Ekong, Victor Osimhen, na Ademola Lookman uherutse gutorwa nk’umukinnyi mwiza wa Afurika, bari ku isonga mu kuyobora bagenzi babo mu myitozo.

Mu itsinda C Nigeria ni iya Gatanu n’amanota 3, mu gihe iri tsinda riyobowe n’u Rwanda rufite amanota arindwi ariko rukaba ruyanganya na Africa Y’Epfo na Benin.

Umuhanzi Wizkid yerekanye ko ashyigikiye ikipe y'igihugu ya Nigeria mbere y'uko ikina n'u Rwanda

Wizkid yagaragaje urukundo rwa Super Eagles abinyujije kuri X

Ikipe y'igihugu ya Nigeria iri kwitegura gukina n'u Rwanda mu mukino ukomeye cyane






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND