RURA
Kigali
20.7°C
19:47:51
March 19, 2025

Dukeneye impinduka muri Afurika! Samuel Eto’o yihanangirije abahimba imyaka y’abakinnyi

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:18/03/2025 17:48
0


Uwahoze ari rutahizamu ukomeye wa FC Barcelona na Cameroun, Samuel Eto’o, akaba ari na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), yagaragaje impamvu ibihugu by’Afurika bikunze gutsinda mu byiciro by’abato ariko bikagorwa no gutsinda mu marushanwa y’abakuru.



Eto’o yavuze ko ikibazo nyamukuru ari ukwihimbira imyaka kw’abakinnyi, aho bamwe bakinira amakipe y’abatarengeje imyaka 17 cyangwa 20, nyamara bafite imyaka iri hejuru y’iyo. Ibi ngo bigira ingaruka zikomeye ku iterambere ry’umupira w’amaguru ku mugabane.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo muri Cameroon Eto’o yagize ati: “Ntabwo nshaka kuba umuyobozi ushobora kumara imyaka 10 adatsinda cyangwa gutsinda bifashishije abakinnyi bafite imyaka 25 mu cyiciro cy’abatarengeje 17.”

Yongeyeho ko kwihimbira imyaka ari ikibazo gikomeye kigira ingaruka ku iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika, kuko bituma ibihugu by’uyu mugabane bidakomeza gutsinda mu byiciro by’abakuru.

Ati “Ndashaka kubona abakinnyi bakina bafite imyaka nyayo, ikipe izi ko izahangana by’ukuri. Dufite ikibazo gikomeye muri Afurika: dukunze gutsinda mu byiciro by’abato, ariko iyo tugeze mu cyiciro cy’abakuru, biratugora.”

Eto’o yasobanuye ko impamvu ibihugu by’Afurika bitabasha guhatana mu cyiciro cy’abakuru ari uko abakinnyi benshi bakinnye amarushanwa y’abato bafite imyaka iri hejuru y’iyo bagombaga kugira. Ati “Niba wihaye imyaka itariyo ugakina nk’ufite 22, ariko mu by’ukuri ufite 35 cyangwa 37, ntushobora guhangana n’ufite 22 ya nyayo.”

Yakomeje avuga ko ikibazo cy’ihindurwa ry’imyaka giterwa ahanini n’abatoza n’ababyeyi babikora bagamije guha abana babo amahirwe, nyamara bidatanga umusaruro ku mupira wa Afurika. Ati “Ndumva impamvu abatoza n’ababyeyi babikora. Babona abana babo bashobora kubura amahirwe, ariko ibyo ntabwo bifasha umupira bakunda.”

Uyu munyabigwi yasabye ko habaho impinduka zihamye kugira ngo impano nshya zizamurwe mu buryo bukwiye kandi umupira wa Afurika ubashe guhangana ku rwego mpuzamahanga. Ati “Tugomba kugira igitambo tugashyiraho uburyo bwiza bwo gutoranya abakinnyi bato bafite imyaka nyayo. Niyo mpamvu dushyize imbaraga mu makipe y’abato.”

Mu gihe ibihugu bimwe na bimwe byo muri Afurika birimo gufata ingamba zo gukemura iki kibazo, amagambo ya Eto’o arashimangira ko gukoresha abakinnyi bafite imyaka nyayo ari yo nzira yonyine yo guteza imbere umupira w’amaguru ku mugabane.

Samuel Eto yihanangirije abakinnyi bahimba inyaka avuga ko bidindiza umupira wa Africa

Vincent Aboubakar umwe mu bakinnyi bakomoka muro Cameroon bivugwa ko yagabanyije imyaka

Eto yanyuze muri FC Barcelona






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND