RURA
Kigali

Arashima abarimo Okkama na Trizzie Ninety Six! Golden Juu umuhanzi wo guhangwa amaso

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:11/03/2025 16:46
0


Nyuma yo gukorana na Okkama ndetse na Trizzie Ninety Six indirimbo bise ‘Lowkey’, umuhanzi Golden Juu yemeza ko ari umwe mu bahanzi bo guhangwa amaso bitewe n’imishinga yitegura gushyira ahagaragara.



Golden Juu ni umwe mu bahanzi bari gushaka aho bamenera muri muzika nyarwanda, usanzwe akorera umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko areba cyane isoko rya Afurika y’i Burasirazuba. Uyu musore avuga ko afite urukundo rw’umuziki rwinshi kurusha n’uko abamuzi babitekereza.

Aganira na InyaRwanda, Golden Juu yashimiye cyane Okkama na Trizzie Ninety Six baherutse gukorana indirimbo bise ‘Lowkey’ imaze iminsi igera kuri 11 igiye hanze, kuko ari abahanzi bafite amazina atari mato mu Rwanda ariko bakaba bataramugoye mu kumushyigikira muri iyi ndirimbo.

Uyu musore avuga ko Okkama bahuye bakaba inshuti kugeza amwumvishije indirimbo afite atarakora, akaza gutangazwa no kuba Okkama afite indirimbo ziri mu bwoko bwa ‘drill’. Aha niho havuye igitekerezo cy’uko bakorana, birangira bakoze iyi ndirimbo.

Ku ruhande rwa Trizzie we avuga ko kuri iyi ndirimbo nawe bitagoranye kuko atari n’indirimbo ya mbere bari bakoranye, dore ko bakoranye iyitwa ‘Nkizingizi na Muswati’ irimo na Papa Cyangwe.

Golden Juu avuga ko abanyarwanda bakwitega ibikorwa byinshi aragenda abagezaho mu minsi iri imbere, dore ko avuga ko hari n’izindi ndirimbo ebyiri yakoranye n’abahanzi bafite amazina afatika muri muzika nyarwanda zarangiye mu buryo bw’amajwi n’amashusho, zikaba zizajya hanze mu minsi iri imbere.

Si abahanzi nyarwanda gusa kandi kuko uyu muraperi yabwiye Inyarwanda ko afite indi mishinga yakoranye n’abahanzi baba muri Leta zunze ubumwe za Amerika n’abo muri Afurika y’i Burasirazuba nka Uganda n’ahandi, izo zose akaba ari indirimbo zizagenda zisohoka mu minsi iri imbere.

Umuhanzi Golden Juu avuga ko umwaka wa 2025 ari umwaka ashaka ko uba udasanzwe kuri we, kuko afite gahunda yo gushyira hanze ibihangano byinshi kandi biryoheye amatwi ku buryo abanyarwanda bumva neza ndetse bagacengerwa n’inganzo ye.

Ushaka kumva indirimbo zitandukanye za Golde Juu ushobora kuzisanga kuri YouTube Channel ye yitwa ‘Golde Juu’, ndetse no ku zindi mbuga zitandukanye zicuruza imiziki zirimo Spotify, Audiomack n’izindi.

 

Golden Juu ni amaraso mashya muri muzika nyarwanda


Kanda hano wumve indirimbo Lowkey ya Golden Juu ft Okkama & Trizzie Ninety Six

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND