RURA
Kigali

Abakinnyi bakina mu Rwanda bamaze guhamagarwa mu makipe y’ibihugu byabo

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:11/03/2025 17:47
0


Mu gihe ihihugu byo ku Mugabane wa Afurika biri mu myiteguro yo gushaka itike y’Igikombe cy'Isi 2026, barindwi bakina mu Rwanda mu cyiciro cya mbere bamaze guhamagarwa mu makipe yabo y’ibihugu.



Bigirimana Abedi, Henry Msanga, na Rukundo Onesime bo muri Police FC, ndetse na Muderi Akbar wa Gasogi United na Mussa Omar wa Gorilla FC, bahamagawe mu ikipe y’Igihugu y’u Burundi.

Ikipe y’u Burundi izakina umukino wa mbere na Côte d’Ivoire tariki ya 21 Werurwe 2025, ikaba izakiramo umikino ya Seychelles tariki ya 25 Werurwe 2025, byose bigamije gushaka itike yo kwitabira Igikombe cy’Isi 2026.

Abakinnyi babiri ba APR FC, Denis Omedi na Hakim Kiwanuka, barimo kwitegura imikino ikomeye ya Uganda Cranes aho bari kwitegura gukina na Guinée na Mozambique mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi 2026.

Uganda Cranes izakina umukino wa mbere na Mozambique tariki ya 20 Werurwe 2025 mu gihe umukino wa kabiri uzaba tariki ya 25 Werurwe 2025, aho Uganda izakira Guinée.

Hakim Kiwanuka na Denis Omedi mu bakinnyi bakina muri shampiyona y'u Rwanda bazafasha igihugu cya Uganda mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi

Ikipe y'igihugu y'Uburundi yahamagaye abakinnyi batanu bakina muri shampiyona y'u Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND