Ubwenge bugaragarira mu bintu bitandukanye, uko umuntu yitwara, uko babana nabandi, uko atekereza n’ibindi. Tekereza ku bahanga bazwi cyane ku isi: Albert Einstein, William Shakespeare, na Marie Curie. Buri wese afite amateka y’ubuzima yihariye atandukanye n’ay’undi, ariko hari ibintu by4ingenzi hafi ya bose bahurizaho.
Nubwo usanga abenshi bashingira ku manota umuntu
agira cyangwa yahoze agira mu ishuri kugira ngo bamenye niba ari umuhanga,
abahanga mu by'imitekerereze ya muntu bavuga ko umuntu ashobora kuba umunyabwenge
ariko nyamara akaba nta manota menshi yagiraga mu ishuri, mu gihe umuntu
abantu bitaga umuswa kubera amanota ye make ashobora kuba ari we wari umuhanga
cyane mu ishuri ryabo.
Ibi bishingiye ku kuba bamwe mu bahanga bakomeye ku isi batarigeze bakandagiza ikirenge mu ishuri, abandi bavuye mu ishuri, mu gihe abandi bagiraga amanota make cyane; barimo Albert Einstein, Thomas Edison, Charles Dickens, n'abandi.
Ushobora kuba warumvise abantu bavuga ikizamini cya
IQ "Intelligence Quotient", ariko ushobora kuba utazi icyo aricyo, ni
ikizamini kidasanzwe gikoreshwa mu gupima ubwenge bw’umuntu n’ubushobozi bw’ubwonko
bwe.
Inyandiko yasohotse mu kinyamakuru, Psychology Today, isobanura ko ikizamini cya IQ gikoreshwa mu kumenya ubwenge bw'umuntu, imitekerereze, ubumenyi mu mibare n’abandi,n'ibindi.
Mu gusuzuma IQ, harebwa ibintu byinshi, harimo; umwanya umara witegereza ibintu, umubare w’ibintu ushobora gufata mu mutwe, uko ukemura ibibazo, imyitwarire yawe, uko ubana n’abandi n’ibindi.
Psychology yerekanye ibimenyetso 10 simusiga abahanga hafi ya bose basangiye,
kandi niba wujuje ibi byose, menya ko ufite uri umuhanga bidasanzwe kurusha uko
ubitekereza:
1.Ubaza ibibazo by’ubwenge: Abantu b’abahanga
usanga bahorana amatsiko kandi buri gihe baba bashaka kwiga byinshi. Usanga babaza
ibibazo bibafasha kumva ibintu neza, ndetse bahora bashaka kwiyungura ubumenyi.
Kubaza ibibazo byiza byerekana ko uri umuntu utekereza cyane kandi ko uri
umuhanga.
2.Wihanganira ibibazo: Abahanga bakunze guhura n’ibibazo
cyane. Usanga baba bazi guhangana n’ibikomeye bibafasha kurushaho kuba
abanyabwenge. Kumenya guhangana n’ibibazo bifasha ubwonko kurushaho gukura
ndetse umuntu akaba umuhanga. Niba wihanganira ibibazo ni ikimenyetso cy’uko
uri umuhanga kuruta uko ubitekereza.
3. Ukunda kumva kuruta kuvuga: Abantu b’abahanga
usanga bakunda gutega amatwi ibyo abandi bavuga kuruta kuvuga, ibi ni ukubera
ko bahora bashaka kwigira ku bandi, ndetse kandi bahora bifuza kunguka ubumenyi
bushya. Ubushakashatsi bugaragaza ko kubasha gutega amatwi abandi bigaragaza ko uri umuntu
ukunda kwiyungura ibintu bishya kandi ko uri umuhanga.
4. Ukorera ku gihe: Kubasha gukorera ku gihe
byerekana ko uri umunyabwenge. Abantu b’abahanga usanga bazi gugushyira ku
murongo gahunda zabo, ndetse bibanda ku by’ingenzi, ari byo bibafasha gukora
ibintu byose mu buryo bwiza. Kubahiriza igihe ni ikimenyetso simusiga
kigaragaza ko uri umuhanga.
5.Wigira ku makosa yawe: Aho kubona gukora amakosa nk’aho bibarangiranye,
abahanga babona amakosa nk’amahirwe yo kwiga. Usanga abahanga barasobanukiwe ko
gukora amakosa atari ikintu kidasanzwe nk’uko abenshi tubifata, ahubwo bibafasha
gukura no kumenya uko bagomba kwitwara, iyo umuhanga akoze amakosa, ayigiraho
akiyemeza ko ubutaha bitazongera.
6.Uha agaciro Ibitekerezo by’abandi: Usanga abahanga bazi neza ko nta gitekerezo cy’impfabusa, bumva ibitekerezo byose ndetse bakabyigiraho, bashimishwa no kwigira ku bandi no kubona ibintu mu buryo bushya.
Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu wibwira ko ari umunyabwenge, yanga
kumva ibitekerezo by’abandi aba yibeshya, ahubwo ko wa wundi uha agaciro ibyo
abandi bavuga aba ari umuhanga.
7.Ukunda gusoma no kumenya amakuru mashya: Abantu
basoma cyane banakunda kumenya amakuru mashya n’ibigezweho usanga ari abahanga,
gusoma bigufasha kumenya ibintu bitandukanye ndetse ukarushaho kuba umuhanga. Gusoma
kandi bigufasha gutera imbere mu mitekerereze ndetse ukarushaho kuba umuhanga.
8.Ubasha kwisanisha n’ibintu bishya: Ubuzima buri gihe
burahinduka, kandi abahanga usanga bamenyera vuba ndetse bakisanisha n’ibihe
ibyo ari byo byose bagezemo. Ubushobozi bwo kubasha kwisanisha n’ibintu bishya,
bwerekana ko uri umuhanga.
9. Uha agaciro amarangamutima y’abandi kandi
ukicisha bugufi: Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu ubasha kumenya
amarangamutima y’abandi ndetse akayaha agaciro, akunze kuba ari umuhanga kandi
ko abana neza n’abandi. Ikindi ni uko kugira ubwenge nyabwo bivuze kumenya ko
utazi byose. Abanyabwenge bicisha bugufi kandi buri gihe baba bashaka kwiga
ibintu bishya. Kwicisha bugufi bigufasha gukomeza gukura no kuba umunyabwenge.
Ubwenge ntabwo ari ukugira ibintu byinshi mu mutwe
wawe. Ahubwo bijyanye n’uburyo ubaho ubuzima bwawe, uko ukemura ibibazo n'uburyo uhuza n’abandi. Ibimenyetso byavuzwe haruguru byerekana ko ufite ubwenge
bwinshi kuruta uko ubitekereza.
TANGA IGITECYEREZO