RURA
Kigali

Afite uburambe bw'imyaka irenga 20! Ibyihariye ku Munyarwanda wagizwe Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni muri Madagascar

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:4/03/2025 13:56
0


Umunyarwanda Anthony Ngororano yagizwe Umuyobozi w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye muri Madagascar.



Ngororano wigeze kuba Umujyanama Mukuru mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, yashyizweho n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, aho yatangiye inshingano ze tariki 1 Werurwe 2025.

Ibi byahamijwe n'ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa X rw’Ishami rya Loni rishinzwe intego z’iterambere rirambye bumwifuriza ishya n’ihirwe.

Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni mu gihugu ni we uba ukuriye abandi bakozi bose b’uyu muryango n’abayobozi b’amashami yawo bakorera mu gihugu ashinzwe.

Aba ashinzwe guhuza ibikorwa by’amashami yose, hagamijwe iterambere ry’igihugu akoreramo, agaharanira imikorere myiza n’ubwisanzure bwa buri shami kandi akaba ikiraro gihuza Loni na Guverinoma y’igihugu.

Ni muntu ki Anthony Ngororano wagizwe Umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni muri Madagascar?

Afite uburambe bw’imyaka irenga 20 mu bijyanye no kwita ku iterambere rirambye, no mu miyoborere y’Umuryango w’Abibumbye hamwe n’inzego z’abikorera.

Ngororano yabaye Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere, UNDP muri Kenya aho yagiye avuye mu mwanya nk’uyu muri Mauritanie.

Mbere yo kujya muri Mauritanie yari Umuyobozi Nshingwabikorwa mu biro by’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mibereho Myiza y’Abaturage (UNFPA) i New York, ndetse yakoze inshingano nyinshi mu Ishami rya Loni rishinzwe Iterambere ry’Abagore, aho yarihagarariye muri Haiti ndetse akurira agashami gashinzwe Afurika mu biro byaryo i New York.

Yabaye Umujyanama Mukuru mu by’Ubukungu wa Minisitiri w’Intebe mu Rwanda. Mbere yaho yari yarabaye umujyanama mu biro bya UNDP bishinzwe Afurika biri muri New York, n’umujyanama muri gahunda za politike n’igenamigambi muri UNDP ishami rya Nigeria, Zambia n’u Rwanda.

Ngororano yanabaye umujyanama mu by’ishoramari muri Citigroup N.A muri Kenya na Tanzania.

Imirimo y’ibijyanye n’imari n’ubukungu yayitangiriye muri Uganda, aho yari ashinzwe ubukungu muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi n’Iterambere ry’Ubukungu ya Uganda.

Uyu mugabo, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu Iterambere ry’Ubukungu yakuye muri Kaminuza ya East Anglia n’indi ijyanye n’Ububanyi n’Amahanga (International Relations) yakuye muri Kaminuza ya Sussex, ndetse n’iy’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’ubukungu yavanye muri kaminuza ya Edinburgh. 

Umunyarwanda Anthony Ngororano yagizwe umuhuzabikorwa w'amashami ya Loni muri Madagascar






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND