RURA
Kigali

Minisitiri Utumatwishima yahumurije urubyiruko ruhangayikishijwe no gutakaza akazi kubera ibihano byafatirwa u Rwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:4/03/2025 11:41
0


Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Jean Nepo Abdallah yahumurije urubyiruko rufite ubwoba bw’uko rushobora kubura akazi kubera ibihano amahanga yaba ateganya gufatira u Rwanda, abasaba gukomeza gusakaza ukuri nk’Abanyarwanda.



Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Werurwe 2025, Minisitiri Utumatwishima yabwiye urubyiruko ko uko byagenda kose batagomba kudohoka ku guhamya ukuri ku binyoma bikomeje kuvugwa ku gihugu cyabibarutse.

Yagaragaje ko urubyiruko rukomeje kwakira aya makuru y’ibihano mu butandukanye, agaragaza ko hari abatangiye kugira impungenge zivanze n’ubwoba, aho nk’abakorera NGOs bari kumva bagiye kubura imirimo yabo, ibiciro ku masoko bigiye kuzamuka n’ibindi.

Ati: “Ibyo nibyo kandi mufite ukuri. Hari n’abatangiye kuvuga ngo ariko ko bose bihuje mu kuduhana, ubwo bose baratwanga? Aho twe ntitwaba turi babi?”

Ku rundi ruhande, Utumatwishima yatangaje ko hari n’abatangiye kwibaza igihe bizarangirira babishingira ku bihe bigoye u Rwanda rwanyuzemo kuva mu 1959 ubwo habaga ivangura n’amacakubiri byakorewe Abatutsi, mu 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi, no muri uyu mwaka, aho Abatutsi muri Kivu bakomeje gukorerwa ivangura n’ubwicanyi.

Ati: “Ntabwo u Rwanda turi babi. Ukwishyira hamwe kw’abanga u Rwanda ku nyungu bahuriyeho, ntibiduhindura abanyabyaha. Ukuntu bashaka amabuye y’agaciro birenze kure kurengera uburenganzira bw’abavuga Ikinyarwanda muri Kivu. Ukuri k’u Rwanda kubangamiye ‘deals’ za benshi. Nituramuka turetse gusobanura no kurwanira ukuri kwacu bizagira ingaruka no ku bazadukomokaho bose.”

Yakomeje agira ati: “U Rwanda turi Abadaheranwa, inzara n’ubujyahabi byaturuka ku batatwumva cyangwa abirengagiza ukuri ntibizatugamburuza. Mukomeze kwerekana ukuri kwacu nta kudohoka.”

Yagaragaje ko abitwaza amabuye y’agaciro bazatsindwa n’umutima n’urukundo biri hagati y’Abanyarwanda n’urukundo bakunda Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ibi bigarutsweho nyuma y’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe aherutse gutangaza ko nta bwoba u Rwanda rufite bw’ibihano rushobora gufatirwa n’amahanga arushinja gushyigikira M23, ashimangira ko icyo rushyize imbere ari umutekano w’igihugu n’abaturage bacyo.

Kuva intambara M23 ihanganyemo n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangira, ubuyobozi bw’iki gihugu bwakunze gushinja u Rwanda gufasha uyu mutwe.

Kuva icyo gihe abayobozi ba RDC batangiye kugenda amahanga basaba ibihugu n’imiryango mpuzamahanga gufatira u Rwanda ibihano.

Ibihugu nk’u Bubiligi n’u Bwongereza byashinjwe kenshi n’u Rwanda kubogama, byumvise iki cyifuzo cya RDC, bitangaza ko byafatiye u Rwanda ibihano.

Uku kubogama k’u Bubiligi kwanatumye Leta y’u Rwanda ihagarika imikoranire yari ifitanye n’iki gihugu mu bijyanye n’iterambere.

Mu Kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye n’ikinyamakuru cyo mu Busuwisi, RTS Info yagarutse kuri iyi myitwarire y’amahanga akomeje gukangisha u Rwanda ibihano.

Yavuze ko u Rwanda nta bwoba rutewe n’ibihano cyangwa guhezwa mu bijyanye na dipolomasi, kuko icyo rushyize imbere ari umutekano.

Ati: “Ntabwo dutewe ubwoba no guhezwa mu buryo bwa dipolomasi, nta bwoba dutewe n’ibihano. Icyadutera ubwoba ni uko igihugu cyacu n’abaturage baba badatekanye.”

Ubwo M23 yafataga Goma, muri uyu mujyi hatahuwe intwaro n’inyandiko bigaragaza ko Ingabo za FARDC n’ihiriro ryazo ririmo Ingabo z’u Burundi, iza Afurika y’Epfo n’abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bari bafite umugambi wo gutera u Rwanda.

Ni igitero cyari kigamije gushyira mu bikorwa umugambi wagiye ugaragazwa na Perezida wa RDC, Félix Antoine Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, bavuze kenshi ko bafite intego yo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Muri iki kiganiro, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko aho gutinya ibihano, u Rwanda ruhangayikishijwe n’imigambi nk’iyi icurirwa hakurya y’imipaka.

Ati: “Ibiduteye ubwoba ni ibishobora guhungabanya umutekano wacu kurusha ibihano mpuzamahanga. Twanyuze mu bihe bigoye mu 1994, u Rwanda ntiruzigera rwemera ko ibyabaye byongera kuba ku butaka bwacu kubera uriya mutwe w’Abajenosideri usigaye ufashwa na Guverinoma ya Congo.”

Amb. Nduhungirehe yatangaje ibi nyuma y’iminsi mike u Bwongereza butangaje ko bwahisemo gufatira u Rwanda ibihano.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko ingamba zo gufatira u Rwanda ibihano zafashwe n’u Bwongereza bubyita igisubizo mu gukemura ibibazo byo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari ukubogamira ku ruhande rumwe, ndetse ari ibintu byo kwicuza.

Minisitiri Nduhungirehe ubwo yari mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru ku wa 2 Werurwe 2025, yatangaje ko ibihugu by’i Burayi bimwe byihutiye gufatira ibihano u Rwanda bibogamiye kuri RDC nyamara ari yo yakabaye ihanwa.

Ati: “Niba hari igihugu kigomba gufatirwa ibihano ni Guverinoma ya Congo kubera ibintu byinshi bagombaga kuba barubahirije batakoze, no kubera ihohoterwa ririmo gukorerwa abanye-Congo b’Abatutsi n’abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa Congo.”

Hari ibihugu bikomeje kuvuga ko bizafatira u Rwanda ibihano by’ubukungu, birushinja gushyigikira umutwe wa M23, ingingo rwakunze guhakana inshuro nyinshi.

U Rwanda rwagaragaje kenshi ko iki kibazo kizakemurwa binyuze mu nzira y’ibiganiro, aho kuba intambara yashyizwemo ingufu n’ubutegetsi bwa Kinshasa.


Minisitiri Utumatwishima yasabye urubyiruko kudahangayikishwa n'ibihano amahanga ashobora gufatira u Rwanda, ahubwo bakwiye guhagurukira kwamamaza ukuri

Yatangaje ko nta ntambara igomba kubatera ubwoba bafite umuyobozi nka Perezida Paul Kagame  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND