RURA
Kigali

Uganda: No gucuranga indirimbo mu kabari bizajya byinjiriza nyirayo

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:3/03/2025 14:35
0


Muri Uganda hashyizweho uburyo bushya bwo kubyaza umusaruro ibihangano by’abahanzi batandukanye aho bikoreshwa hose, aho uzajya abikoresha haba mu tubari, radiyo, televiziyo ndetse n’ahandi, azajya yishyuzwa amafaranga agaruka mu Mufuka wa nyirabyo.



Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yemeje umushinga unononsoye wo kurinda ibihangano by’abahanzi batandukanye(Copyright management) ndetse no kubibyaza umusaruro ugaruka kuri nyir’igihangano aho cyaba cyakoreshejwe hose.

Ibi ni ibyavuye mu nama Perezida Museveni aherutse kugirana n’ihuriro ry’abahanzi muri Uganda, riyobowe n’umuhanzi Eddy Kenzo wungirijwe n’abarimo Sheebah Kalungi.

Muri iyi nama yabereye Rwakitura, Museveno yagize ati:”Ikoranabuhanga rizajya ribasha kumenya uwacuranze indirimbo yange, ndetse n’aho yacurangiwe!”

Ikizajya gikorwa n’uko ahantu hatandukanye nko mu mahoteri, utubari, rariyo, televiziyo, ndetse n’ahandi hakorerwa imirirmo itandukanye, bazajya bahabwa igikoresho kijyana n’icyangombwa kigaragaza ko wagihawe mu nzira zemewe n’amategeko(licence).

Nyuma y’uko umuhanzi azajya aba yarandikishije indirimbo/igihangano cye, iki gikoresho(device) kizajya cyandika indirimbo yo muri Uganda icuranzwe ndetse n’inshuro yacuranzwe, aribyo baheraho bamenya amafaranga yishyurwa ndetse n’ingano y’amafaranga agera mu mufuka w’umuhanzi.

Utazabasha kubahiriza aya mabwiriza azahanishwa ibihano birimo kumufungira ibikorwa urugero nka radiyo ye cyangwa akabari kagafungwa, ndetse ashobora no guhabwa ibindi bihano birimo gucibwa amande y’akayabo k’amashiringi.

Ibi byitezwe ko bizafasha abahanzi kugira uburenganzira busesuye ku bihangano byabo hirindwa ibyo mu Rwanda twita gushishura, ariko by’umwihariko hagamijwe ko umuhanzi atungwa n’ibihangano bye dore ko hakunze kugaragara abahanzi bakunze kwisanga mu bukene bukabije nyuma y’imyaka yo gukundwa cyane.

Ibi biterwa n’uko ibihangano bye biba byarakunzwe cyane ariko bitaramubyariye amafaranga angana n’uburyo byakoreshejwe, ahubwo byarayahaye abanda.


Inama yari iyobowe na Perezida Museveni yarimo inzego zitandukanye zirebwa n'uyu mushinga







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND