RURA
Kigali

Perezida Kagame yakomoje ku kibazo cy’ubwiyongere bw’urubyiruko rujya gushaka akazi mu mahanga

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/02/2025 13:56
0


Ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama y'Ikoranabuhanga mu by'Imari (Inclusive FinTech Forum), Perezida Kagame yagaragaje abarebwa cy'urubyiruko rujya gushaka akazi mu bihugu by'amahanga, aho usanga rwizezwa ibitangaza rimwe na rimwe bikarangira rushowe mu byaha birimo no gucuruzwa.



Iyi nama y'iminsi itatu iri kubera mu Rwanda, iri kwiga ku iterambere ry'urwego rw'imari n'imitangire ya serivisi zifashishije ikoranabuhanga, yitabiriwe n'abasaga 3000 barimo abayobozi mu nzego zitandukanye, abashoramari na ba rwiyemezamirimo mu rwego rw'imari muri Afurika.

Perezida Kagame watangije iyi nama kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, yavuze ko ba rwiyemezamirimo bakwiye gutekereza byagutse mu cyerekezo gikwiye.

Yagize ati: “Abaturage bacu bakiri bato ni gihamya ko Afurika ishobora guhangana n’Isi ndetse ikihangira ibishya. Mu myaka ishize, ibigo bitanga serivisi z’ikoranabuhanga byikubye gatatu. Ibi bigo byahinduye urwego rw’imari by’umwihariko binyuze mu kohererezanya amafaranga kuri telefoni.’’

Evelyn Kaingu uyobora Ikigo Lupiya gikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano mu gutanga inguzanyo no kwishyurana yavuze ko yagitangije mu gufasha urubyiruko rutabonaga ingwate.

Ati: “Njye na mugenzi wanjye twakoresheje 500$ twatangije iyi gahunda yo kubaka banki izajya ifasha abakora ishoramari rito kubona inguzanyo, ishoramari no kwishyurana.’’

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kubaka ibikorwaremezo bishingiye ku ikoranabuhanga no kongera ubumenyi mu kurikoresha.

Ati: “Gushyiraho uburyo butuma ishoramari ryaguka bikwiye kuba icya mbere twibandaho. Tugomba gukorera hamwe mu kurwanya ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga.’’

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi ari bo bakwiye kwita ku kibazo cy’ubwiyongere bw’urubyiruko rujya gushaka akazi hanze y’Umugabane wa Afurika. Ati: “Ntibakwiye kubinengerwa. Ntekereza ko twe abayobozi aritwe dukwiye kwemera kunengwa.’’

Yagaragaje ko hari amahirwe menshi yava mu gukorana hagati ya Leta n’abikorera ndetse no guteza imbere ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano, AI.

Ati: “Icy’ingenzi cyane ni uko dukeneye gukorera hamwe nk’ikipe mu kubaka ahazaza hahuriweho. Nizeye ko turi kugana mu cyerekezo gikwiye.’’

Ni mu gihe Umunyamabanga Mukuru w’Isoko Rusange rya Afurika, Wamkele Keabetswe Mene, yashimangiye ko u Rwanda ari Igihugu cy’icyitegererezo mu gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye. 

Ati: “Mu mwaka ushize, nasuye u Rwanda inshuro esheshatu kandi impamvu yabyo iroroshye kuko iki Gihugu imvugo yacyo ni yo ngiro.’’

Inama y'Ikoranabuhanga mu by'Imari (Inclusive FinTech Forum) itegurwa n’Igicumbi Mpuzamahanga cya Serivisi z’Imari n’Amabanki cya Kigali (KIFC), Ikigo Elevandi gikora ibijyanye n’ikoranabuhanga rikoreshwa mu mabanki n’ibigo by’imari na Banki Nkuru y’Igihugu, BNR.


Perezida Kagame yongeye kugaragaza urubyiruko nk'inkingi ya mwamba mu iterambere rya Afurika no kwihangira udushya

Umukuru w'Igihugu yagaragaje ko ikibazo cy'ubwiyongere bw'urubyiruko rujya gushakira akazi mu mahanga kireba ubuyobozi

Inama Mpuzamahanga ya IIF y'iminsi itatu iri kubera mu Rwanda, iri kwiga ku iterambere ry'urwego rw'imari n'imitangire ya serivisi zifashishije ikoranabuhanga 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND