RURA
Kigali

Jose Chameleone wajyanwe kwa muganga igitaraganya agiye kubagwa

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:18/02/2025 10:54
0


Umunyabigwi muri muzika yo muri Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone, agiye kubagwa impindura (pancreas) nyuma yo kujyanwa kwa muganga igitaraganya.



Dr Jose Chameleone yajyanwe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kumererwa nabi mu ijoro ryahise, aho amakuru ava aho aherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko agomba kubagwa impindura.

Chameleone ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu Ugushyingo, aho yagiye kwivuriza ibibazo bitandukanye aterwa no kunywa ibiyobyabwenge birimo inzoga igihe kinini kandi byinshi.

Amakuru y’uko Chameleone yongeye kujyanwa mu bitaro, yashyizwe hanze na Juliet Zuwedde ukomeje kumwitaho muri iyi minsi. 

Ni mu gihe kandi murumuna we Weasel nawe yamaze kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ngo akomeze kumwitaho muri ibi bihe.


Chameleone arabagwa mu masaha make ari imbere






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND