Umunyabigwi Ne-Yo yongeye kuba iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragaza ko afite abagore batatu kandi bose yitaho kimwe.
Ku
wa 15 Gashyantare 2025, Ne-Yo yataramiye muri Legacy Arena at The BJCC iherereye muri Birmingham, Alabama mu ruhererekane rw’ibitaramo bya Mary J. Blige's The for My
Fans ari gukorana na Mario.
Mbere
yo kujya ku rubyiniro, Ne-Yo yabanje gusoma abagore be batatu aribo Bella, Arielle
Hill na Phoenix Feather.
Nyuma
yo gushyira hanze ayo mashusho asoma abo bagore be batatu, abantu batangiye
kuyahererekanya ku mbuga nkoranyambaga bagaruka ku magambo Ne-Yo yigeze gutangaza
mu mwaka wa 2023 ko guhina akarenge mu bagore bitashoboka.
Umugore
we wa mbere muri aba batatu ni Bella akaba ari n’umucuruzi w’amashusho y’urukozasoni
ku rubuga rwa Only Fan, uwa kabiri akaba ari Arielle Hill ukora akazi ko gutegura
ibirori naho Phoenix Feather akaba ari rwiyemezamirimo mu gucuruza amashusho y’urukozasoni.
Nyuma
y’uko aba bagore babaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga, Phoenix
Feather akaba ari nawe mugore muto yavuze ko “Turabizi neza ko turi ijisho rya
benshi kandi turabizi ko abantu bagiye kutuvuga. Ariko mwese mukwiye kumenya ko
dufitanye umubano ukomeye.”
Yakomeje
agira ati “Turaziranye kandi dushyigikirana uko byagenda kose. Abantu benshi
ntibazigera babyumva, kandi ni byo. Mumenye ko nta muntu n’umwe duhanganye.”
Mu
mwaka wa 2024 mu kiganiro yagiranye na TMZ, Ne-Yo yavuze ko arambiwe gutunga
umugore umwe ahubwo yifuza ko hashyirwaho itegeko ryemerera abagabo kurongora
abagore benshi uko babyifuza.
Icyo
gihe yagize ati "Namaze igihe kinini mbeshya, ngerageza kuba uwo ntari we
kugira ngo nshimishe undi muntu. Byari uguta igihe rwose. Ubu sinkibeshya, kandi
sinzongera gusubira kuba uwo muntu ukundi."
Ibi
yabitangaje nyuma gato yo gutandukana n’umugore we Crystal Renay wamushinjaga
kumuca inyuma no kubyara mu gasozi mu gihe Ne-Yo we yavugaga ko umugore umwe
atamunyura.
TANGA IGITECYEREZO