Kigali

Umukinnyi wa Real Madrid ashobora gufungwa imyaka 5 kubera amashusho y‘urukozasoni

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:13/02/2025 10:55
0


Myugariro Raul Asencio uri mu bafatiye runini Real Madrid muri iyi minsi birashoboka ko yakwisanga mu gihome kubera gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umwana.



Raul Asencio w’imyaka 22 na bagenzi be aribo Ferran Ruiz, Juan Rodriguez na Andres Garcia bakinanye mu ikipe y’abato, barashinjwa gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umukobwa w’imyaka 16.

Ni amashusho bivugwa ko yafashwe tariki 15 Kamena 2023, aho mama w’uyu mukobwa yareze avuga ko abagabo bane bafashe amashusho y’umukobwa we mbere yo gutangira kuyasakaza.

Uyu mubyeyi avuga ko igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina bari bacyumvikanye hagati yabo n’umukobwa we, gusa ngo ibyo gufata amashusho byo ntibari babyumvikanye.

Raul Asencio n’abamuhagarariye mu mategeko bajuriye mu rukiko rwa Las Palmas basaba ko yakurwa muri icyo kirego kuko ibmenyetso bimushinja nta shingiro bifite, gusa urukiko rwemeza ko nawe akomeza gukurikiranwa.

Urukiko rwerekanye ko hari impamvu zifatika Raul Asencio nawe agomba gukomeza gukurikiranwa, dore ko hari umwe mu bashinjwa wemeye ko Asencio hari amashusho yamweretse muri telephone ye, byagaragaraga ko yayakiriye kuri WhatsApp.

Itegeko nimero 197 mu mategeko mpanabyaha ya Espagne, rivuga ko umuntu wahamwa n’icyaha cyo gufata amashusho y’urukozasoni y’umwana uri munsi y’imyaka 18 ndetse no kuyasakaza, ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu n’igice n’imyaka itanu.

Gusa igihano kigabanwa mu gihe ushinjwa yagamwa n’icyaha cyo gusakaza amashusho gusa atari we wayafashe, aho ashobora gufungwa imyaka ibiri n’igice akanacibwa amande.

 

Raul Asencioari mu bakinnyi bari gufasha Real Madrid cyane muri iyi minsi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND