Kigali

FERWAFA mu mishinga ikakaye irimo gushinga Radio na Televiziyo zayo

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:10/02/2025 10:30
0


Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize ahagaragara ingengo y’imari rizakoresha mu mwaka wa 2025, aho izagera kuri Miliyari zirenga cumi n'eshanu z'amafaranga y'u Rwanda (15,297,147,920 Frw).



Aya mafaranga azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo guteza imbere ruhago, amarushanwa no gushyiraho ibitangazamakuru bya FERWAFA.

Amakuru dukesha IGIHE.com avuga ko mu igenamigambi ry’uyu mwaka, miliyari 7,96 Frw yateganyijwe mu bikorwa bifitanye isano n’amarushanwa ndetse no kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru. 

Miliyari 2,53 Frw zizakoreshwa mu bikorwa rusange bya FERWAFA, birimo no guhemba abakozi. Ikindi gice cy’ingengo y’imari, kingana na miliyari 4,79 Frw, kizifashishwa mu mishinga itandukanye irimo kubaka ibibuga bine no gushinga radiyo na televiziyo by’iri shyirahamwe.

Muri miliyari 7,96 Frw zagenewe amarushanwa n’iterambere rya ruhago, miliyari 4,98 Frw zizahabwa amakipe y’Igihugu azahagararira u Rwanda mu marushanwa atandukanye ateganyijwe mu 2024. Muri yo harimo imikino ya CECAFA, amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 n’icy’Isi cya 2026.

Ku mwaka wa 2024, FERWAFA yari ifite ingengo y’imari ingana na miliyari 9,93 Frw, aho miliyari 2,41 Frw ari zo zari zagenewe gufasha amakipe y’Igihugu.

Mu rwego rwo kwemeza iyi ngengo y’imari nshya, tariki ya 1 Gashyantare 2025 FERWAFA yatumiye abanyamuryango bayo mu nama y’Inteko Rusange Idasanzwe, yagombaga kubera muri Radisson Blu ku wa 15 Gashyantare. Nyamara, nyuma y’igihe gito, iyi nama yimuriwe muri Marriott Hotel.

Tariki ya 8 Gashyantare, abanyamuryango ba FERWAFA babwiwe impinduka z’aho inama izabera, ndetse hanatangazwa ko ibizibandwaho harimo kwemeza gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025, gutora ingengo y’imari yayo, no gukora amatora y’abagize inzego zigenga za FERWAFA. 

Muri izi nzego harimo Komisiyo y’Ubujurire y’Amatora, Komisiyo y’Ubujurire rusange, Komisiyo y’Imyitwarire na Komisiyo ishinzwe gutanga ibyangombwa by’amakipe.

 

FERWAFA iri mu mishinga yo kubaka Radiyo na Televizion zayo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND