Kigali

Amerika: Abajura bibye amagi afite agaciro ka miliyoni 48 Frw mu ijoro rimwe

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:6/02/2025 13:56
0


Mu gihe igi rikomeje kuba idolari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri Leta ya Pennsylvania abajura batwaye amagi asaga 100,000 afite agaciro ka $40,000 (asaga 48,000,000 Frw) mu iduka mu ijoro rimwe.



 Polisi yatangaje ko ibi byabaye ku wa 1 Gashyantare, ubwo abagizi abajura bibaga amagi yari mu ikamyo y’iduka Pete & Gerry’s Organics riherereye mu mujyi wa Greencastle.

Ubu bujura bw’amagi buje mu gihe ibiciro byayo bikomeje kuzamuka kubera icyorezo cy’ibicurane by’inkoko, cyateje igabanyuka ry’umusaruro muri iki gihe. Ibigo bitandukanye bikomeje kuzamura ibiciro, ndetse Waffle House yatangaje ko igiciro cy’igi rimwe cyongereweho amafaranga arenga 700 Frw.

Imibare ya leta ya Amerika igaragaza ko ibiciro by’amagi byazamutseho 65% mu mwaka ushize, mu gihe Ikigo gishinzwe ubuhinzi cyatangaje ko mu 2025 bishobora kongera kwiyongeraho 20%. Kuva mu Kuboza 2023 kugera mu Kuboza 2024, igiciro cy’ikarito y’amagi cyavuye ku $2.51 kigera ku $4.15, ibintu byatumye mu maduka amwe n’amwe  abura burundu.

Icyorezo cy’ibicurane by’inkoko cyatangiye mu 2022, kikaba kimaze gukwirakwira mu nkoko, inka ndetse n’andi matungo menshi hirya no hino muri Amerika. Nubwo iki cyorezo cyibasiye amatungo ku bwinshi, abantu banduye iyi ndwara bo ni bake cyane.

Ibibazo bikomeje kwiyongera, aho abaguzi benshi bagaragaza impungenge ko ibiciro by’ibiribwa bikomeza kuzamuka, by’umwihariko ku mafunguro akenerwa buri munsi nk’amagi.

Mu gihe amagi akomeje kuba idolari muri Amerika, abajura bibye asaga 100,000 mu ijoro rimwe 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND