Kigali

Kuba atunze Miliyari ntibimubuza gusabiriza! Niwe musabirizi ukize kurusha abandi ku Isi

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:6/02/2025 14:14
0


Ubusanzwe gusabiriza bifatwa nk’ikimenyetso simusiga cyo kuba uri umukene cyangwa se umutindi nyakujya. Gusa siko bimeze kuri Bharat Jain utuye i Mombai mu Buhinde. Yakijijwe no gusabiriza kugeza n’ubu akaba ariko kazi ke ka buri munsi.



 

Uyu mugabo w’imyaka 55 amaze imyaka igera kuri 41 asabiriza aho yabitangiye afite imyaka 14 gusa, kugeza ubu akaba akibikora ndetse abikunze.

Bharat Jain akazi ke ko gusabiriza agakora amasaha ari hagati ya 10 na 12 ku munsi, aho afite ahantu habiri hatandukanye akunda kwicara agasabiriza.

Umuryango wa Bharat Jain

Bharat Jain avuka mu muryango wari ukennye cyane ku buryo kubona ibintu nkenerwa by’ibanze nk’ibyo kurya nabyo byagoranaga. Ibi rero byanatumye atagira amahirwe yo kwiga nk’uko bigenda ku bandi bana.

Yinjiza bingana iki?

Mu myaka 41 ishize, ubuzima bwa Bharat Jain bwagiye bushingira ku mafaranga yinjizaga binyuze mu gusbiriza. Uyu mugabo asabiriza amasaha ari hagati ya 10 na 12 ku munsi nk’uko twabigarutseho, ndetse ntajya afata akaruhuko kereka wenda yarwaye.

Uyu mugabo, ashobora kinjiza ibihumbi biri hagati ya 2000 na 2500 by’ama-Rupees akoreshwa mu Buhinde (hafi ibihumbi 40 Frw) bitewe n’uko umunsi wagenze. 

Ibi bivuze ko Bharat Jain ashobora kwinjiza asaga Miliyoni y’amanyarwanda avuye mu kwicara ku muhanda agasabiriza.

Umusabirizi yaje kuvamo umushoramari

Uko Bharat yagendaga yinjiza amafaranga avuye mu gusabiriza ntabwo yayapfushaga ubusa, ahubwo yayakoresheje neza ku buryo byamufashije gusezera ku bukene.

Kuri ubu uyu mugabo afite inyubako ebyiri mu mujyi wa Mumbai, zimwinjiriza hafi ibihumbi 500 Frw. Ibi bituma abasha gutunga umuryango we, akanazigamira ahazaza.Umuntungo we ukaba ubarirwa hejuru ya Miliyoni y'Amadolari ya Amerika.

Bharat Jain ntagira ubugugu

 Nubwo Bharat Jain yamaze kuba umuherwe, ntabwo amafaranga ayarya wenyine. Uyu mugabo ajya afata akanya agasura ahantu hatandukanye hari abantu bafite byinshi bakeneye nko kwa muganga, akagira icyo afasha abababaye.

Avuga ko ari umugabo ugira ubuntu n’umutima mwiza, bityo ko adafata ibyo yagezeho nk’impamvu yo kwigwizaho ibntu bitagize icyo bimariye abanda.

Bharat afite umugore n’abana babiri b’abahungu bize mu bigo bikomeye mu Buhinde, ndetse uyu muryango ukaba unafite iduka ricuruza ibikoresho bitandukanye, ryiyongera ku byo twabonye haruguru.

Ibinyamakuru nka India Times bivuga ko umuryango wa Bharat Jain udakunda uyu muco we wo gusabiriza ndetse ngo ntibasiba kumubwira kubireka kuko yamaze gukira, ariko we akababwira ko kwicara ku muhanda agasabiriza ari ibintu bimushimisha cyane.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND