Kigali

Lady Gag yatuye Grammy ye abaryamana bahuje ibitsina - AMAFOTO

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:3/02/2025 9:46
0


Nyuma yo kwegukana Grammy mu kiciro cya best pop duo/group performance, yavuze ko abigira uko batari nabo aria bantu bakwiye urukundo ndetse yemeza ko umuziki ari urukundo.



Mu gihe Shakira we yatuye Grammy ye abimukira bari guhambirizwa muri USA, Lady Gaga wegukanye igihembo mu kiciro cya best pop duo/group performance, yavuze ko abihindura uko batari (Trans People).

Trans Peope ni abantu batitwa nk’uko bagakwiye kwitwa. Urugero ugasanga umuhungu yitwara nk’abakobwa, yigana imico n’imigenzereze yabo cyangwa se umukobwa akitwara neza neza nk’abahungu.

Ubwo yakiraga iki gihembo, Lady Gaga yagize ati “Ni ibyagaciro kubaririmbira mwese. Uyu mugoroba, ndashaka kuvuga ko abitwara uko batari nabo ari bantu. Bakwiye urukundo, bakwiye gufashwa gutera imbere. Umuziki ni urukundo. Murakoze.”

Lady Gaga uzwiho gushyigikira, kuvugira gukora ibirori by’abaryamana bahuje ibitsina, avuze ibi mu gihe ubwo Donald Trump yarahiriraga kuyobora Amerika yavuze ko Imana yaremye umugabo n’umugore kandi aribyo bitsina bigomba kubaho muri Amerika.

Ibi yabivuze nyuma y’uko hari harashyizweho ibindi byiciro aho umuntu yabaga ari nk’umugabo akaba ashobora kuvuga ko ari umutinganyi, yiyumva nk’umukobwa, umugabo wiyumvamo bose, …

 Kuri iki cyumweru, Elon Musk uri mu byegera bya Donald Trump yashyize ifoto kuri X avuga ko kuva mu myaka ya 400 mbere y’ivuka rya Yesu kugeza mu mwaka wa 2020 nyuma y’urupfu rwa Yesu, hariho ibitsina bibiri gusa hanyuma kuva mu mwaka wa 2021 kugera mu mwaka wa 2024 hariho ibitsina 73 none kuva mu mwaka wa 2025 hariho ibitsina bibiri gusa.

Aha Elon Musk yashakaga kunenga ubuyobozi bwa Joe Biden bwashyizeho ubwo buryo bwose bwo gusobanura igitsina cy’umuntu aho bitari bikitwa kuba umugabo gusa cyangwa kuba umugore gusa.


Lady Gaga na Bruno Mars begukanye igihembo cya Best Pop Duo/Group Performance 


  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND