Abimukira bagera ku bihumbi 42 bo muri Afurika bahanganye no gusubizwa mu bihugu byabo bava muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu gihe hari impungenge ku bijyanye no kwimura abimukira, imibare itangwa na Fox News yerekana ko abimukira bagera ku bihumbi 42 bo muri Afurika bashobora guhura n’ingaruka zo gusubizwa mu bihugu byabo bya Africa, bitewe n’amategeko yihariye ashyirwaho n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka (ICE) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Biravugwa ko abanyarwanda barenga 338 bari muri Amerika nabo bazagaruka mu Rwanda nihatagira igihinduka, naho ibihugu byinshi bya Afurika bigaragaza umubare munini w’abimukira bashobora guhura n’iki kibazo gikomeye.
Muri ibyo bihugu, Somaliya iravugwa cyane ifite 4,090 by’abimukira bafite ikibazo cyo gusubizwa mu gihugu cyabo, igakurikirwa na Mauritania ifite abagera kubihumbi 3,822.
Dore bimwe mu bihugu bigaragaza imibare myinshi y’abimukira biteganywa ko nihatagira igihinduka bazagaruka muri Afurika:
1. Somalia: 4,090
2. Mauritania: 3,822
3. Nigeria: 3,690
4. Ghana: 3,228
5. Guinea: 1,897
6. Cameroon: 1,736
7. Ethiopia: 1,713
8. Senegal: 1,689
9. Liberia: 1,563
10. Sierra Leone: 1,563
11. Egypt: 1,461
12. Kenya: 1,282
13. Cote d'Ivoire: 1,224
14. DR Congo: 1,068
15. The Gambia - 1,035
16. Sudan - 1,012
17. Eritrea - 973
18. Mali - 929
19. Congo - 795
20.Angola - 662
21. Niger - 642
22. Zimbabwe - 545
23. Morocco - 495
24. Burundi - 462
25. Togo - 427
26. Uganda - 393
27. South Africa - 379
28. Rwanda - 338
29. Cape Verde - 314
30.Algeria - 306
31. Burkina Faso - 303
32. Tanzania - 301
Hari kandi ibihugu bimwe na bimwe bifite umubare muto w’abimukira, harimo na São Tomé and Príncipe ifite 1 gusa. Ubu bwiyongere bw’abimukira buganisha ku ngaruka nyinshi ku buzima bw’abaturage ndetse no ku mutekano wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nk'uko bivugwa na bamwe mu bayobozi biki gihugu.
Bimwe mu bihugu bivugwa cyane mu bijyanye n’ubuhungiro no kuba hari impungenge ku byemezo byo gusubiza abimukira baturutse muri Afurika, harimo ikibazo cy’umutekano mucye, ubukene, no kuba igihugu cyabo kidashobora guha abaturage ibyibanze.
Ibi bituma abimukira benshi bahunga bakajya gushaka ubuhungiro mu bindi bihugu, nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho bamwe bagira amahirwe yo kubaho mu buryo bwemewe n’amategeko, mu gihe abandi bahura n’ingaruka zo gusubizwa iwabo.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika irimo gukora ubushakashatsi ku buryo bw’imikoranire n’ibihugu byinshi byo muri Afurika, kugira ngo hashyirweho uburyo bwo gufasha abimukira basabwa gusubira iwabo, nk’uko bikunze kugaragara mu bihugu nka Liberia, Guinée na Cameroon. Gusa hari impungenge ko abimukira benshi batabona uburyo bwo gusubira mu bihugu byabo mu mutekano.
Abimukira bagera ku bihumbi 42 bagiye gusubizwa mu bihugu byabo bava muri America
TANGA IGITECYEREZO