Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.
Tariki 24 Ukwakira ni
umunsi wa 298 mu minsi igize umwaka, hasigaye iminsi 68 uyu mwaka ukagera ku
musozo.
Uyu munsi Kiliziya
irizihiza Mutagatifu Magloire, Antoine-Marie Claret.
Bimwe mu byaranze iyi
tariki mu mateka y’Isi:
1260: Saif
ad-Din Qutuz, Mamluk wari Umwami wa Misiri yivuganwe na Baibars wahise
amusimbura ku butegetsi.
1857: Hashinzwe
ikipe [club] y’umupira w’amaguru ya mbere mu mateka y’Isi, iyi ni ikipe ya
Sheffield F.C., yashingiwe mu Bwongereza ahitwa Sheffield.
1930: Muri
Brazil hakozwe ihirikwa ry’ubutegetsi (coup d’état), hahirikwa Luís Pereira de
Sousa wabaye Perezida wa Repubulika ya mbere, nyuma uwitwa Getúlio Dornelles
Vargas ni we wigaruriye ubutegetsi mu buryo bw’agateganyo.
1931: Hafunguwe
ku mugaragaro ikiraro cya George Washington.
1945: Hashinzwe
Umuryango w’Abibumbye (United Nations/Organisation des Nations Unies).
1964: Amajyaruguru
y’Intara ya Rhodesia yahindutse Zambia yigobotora ubukoloni bw’u Bwongereza.
1973: Hasojwe
intambara ya Yom Kippur.
1986: Uwitwa
Nezar Hindawi yakatiwe n’urukiko rw’u Bwongereza igihano cyo gufungwa igihe
kigera ku myaka 45, azira kurasa ibisasu bya bombe ku ndege ya E1A1 yagurukiye
ahitwa Heathrow, ibi byabaye imvano yo gucana umubano hagati y’u Bwongereza na
Syria bitewe n’uko u Bwongereza bwashinjaga Syria gutera inkunga Hindawi.
Iki gihano cyo gufungwa
imyaka 45 ni cyo kinini mu myaka cyari gitanzwe mu mateka n’urukiko rw’u
Bwongereza.
2003: Ku
nshuro ya nyuma indege ya Concorde yakoze urugendo rwayo rwa nyuma rwishyuwe.
2008: Ku
Isi hose, isoko ry’imigabane ryarahombye ku mpuzandengo iri ku kigereranyo cya
10%, uwo munsi bawuha izina rya Bloody Friday.
Bamwe mu bavutse uyu
munsi:
1954: Mike
Rounds, Umunyepolitiki wo muri Amerika, wabaye Guverineri wa Dakota
y’Amajyepfo.
1985: Wayne
Rooney, umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka mu Bwongereza. Yakiniye amakipe
atandukanye arimo Manchester United na Everton.
Bamwe mu bitabye Imana
uyu munsi:
2007: Ian
Middleton, umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri New Zealand.
2010: Lamont Johnson, wari umuyobozi wa Televiziyo.
TANGA IGITECYEREZO