RFL
Kigali

Yigeze kwirukanwa muri Guverinoma! Ibyo wamenya kuri Kithure Kindiki wagizwe Visi Perezida mushya wa Kenya

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:19/10/2024 8:53
0


Nyuma y’amasaha macye Sena ya Kenya yeguje Gachagua Rigathi, Perezida wa Kenya William Ruto yemeje Kithure Kindiki nka Visi Perezida mushya w'iki gihugu.



Abraham Kithure wari Minisitiri w'Umutekano yasimbuye Rigathi Gachagua wegujwe na Sena ku wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024, ashinjwa ibyaha birimo kubiba amacakubiri no gutesha agaciro ubutegetsi bwa Perezida William Samoei Ruto, no gukoresha umutungo wa Leta mu nyungu ze.

Mu 2022, Kithure Kindiki nabwo yari yatekerejweho ko yagirwa Visi Perezida wa Kenya, ariko Perezida William Ruto ahitamo Gachagua. Gusa icyo gihe yahise atorerwa kuba Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu.

Ku ya 11 Nyakanga 2024, Kindiki yirukanwe ku nshingano ze mu Nama y'Abaminisitiri, ariko asubizwa muri Guverinoma ku ya 19 Nyakanga 2024.

Kithure wabonye izuba ku itariki 17 Nyakanga 1972, ni umunyapolitiki akaba n’umunyamategeko w’umunya-Kenya, akaba yaranabaye umunyamabanga wa Leta mu Biro by’Ubutegetsi bw’igihugu.

Yavukiye ndetse akurira mu Ntara ya Tharaka-Nithi, yiga mu ishuri rikuru rya Lenana, aho yakuye amanota ataramwemereraga kujya kwiga muri kaminuza, bigatuma afata icyemezo cyo gusubiramo ikizamini cya Leta agikorera ku ishuri ryisumbuye rya Tharaka Boys.

Mu 1998, yabonye impamyabumenyi mu bijyanye n’amategeko (LLB) yakuye muri kaminuza ya Moi. Mu 2000 yabonye impamyabumenyi y'ikirenga (LLM) mu mategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu na demokarasi yakuye muri kaminuza ya Pretoriya muri Afurika y'Epfo.

Mu 2001 yakuye indi mpamyabumenyi mu by’amategeko mu Ishuri ry'amategeko rya Kenya Mu 2002 nabwo, yabonye impamyabumenyi y'ikirenga mu mategeko mpuzamahanga yakuye muri kaminuza ya Pretoriya.

Mu 1999, yabaye umwarimu w’amategeko muri kaminuza ya Moi. Yatangiye gukorera muri kaminuza ya Nairobi mu 2004 kugeza mu 2005 ubwo yasubiraga muri kaminuza ya Moi kuyobora ishami ry’amategeko rusange.

Yashakanye na Joyce Gatiiria Njagi mu 2001, uwo kuri ubu bafitanye abana batatu.

Inteko Ishinga amategeko ifite iminsi 60 yo kuba yatoye ishyirwaho rya Kithure Kindiki.


Kithure Kindiki w'imyaka 52 y'amavuko ni we wagizwe Visi Perezida mushya wa Kenya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND