RFL
Kigali

Bagira igikundiro cyinshi! Igisobanuro n’imiterere y’abitwa ba Fiacre

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:18/10/2024 9:52
0


Nyuma yo kubona ko hari amazina amwe n’amwe abanyarwanda baba badasobanukiwe, InyaRwanda yafashe icyemezo cyo kujya ibagezaho ubusobanuro bw'amwe mu mazina aba agezweho muri icyo gihe.



Fiacre ni izina ry’abahungu ryakomotse kuri mutagatifu Fiacre wo mu kinyejana cya 7, umunya-Irlande wihaye Imana wari uzwiho gukiza indwara. Yari azwiho ibikorwa bijyanye no kubaka no kwita ku busitani bw’imboga n’imiti, ibyamuhesheje izina ry'umutagatifu wera w'abakora mu busitani.

Risobanura “Umwami w’intambara.”

Bimwe mu biranga abitwa ba Fiacre:

Ba Fiacre bakunze kurangwa no kubasha gukemura ibibazo, bubahiriza inshingano bashinzwe, bakunda imiryango yabo, bakora ibintu byose kuri gahunda kandi barasesengura cyane.

Mu buzima busanzwe, Fiacre ntagira ingeso yo gusesagura cyane.

Barizerwa byoroshye bityo bagahabwa inshingano zikomeye.

Kubera igikundiro baremanwe, biraborohera guhindura no kuyobora abandi.

Uko kuntu bateye rimwe na rimwe bituma bumva ko barenze abantu bose.

Bariyemeza, bagahorana icyizere kandi bagakunda kwigenga. 

Bagira impano zinyuranye kandi bakamenya no kuzigaragaza.

Bakunda imiryango yabo cyane, ndetse baritangira abandi ku rwego rwo hejuru.

Bagira amarangamutima menshi ndetse bagakunda gufasha abandi.

Bakorana ingoga kugira ngo basoze ibyo biyemeje gukora.

Bamwe muri ba Fiacre bazwi:

Fiacre Ntwali: Umuzamu w'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Amavubi.

Fiacre Kelleher: Umukinnyi w'umupira w'amaguru w'umunya-Irlande wabigize umwuga.

Isooko: momjunction.com







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND