RFL
Kigali

Byinshi ku Ibiza agace abakinnyi bakomeye bakunda gutembereramo - AMAFOTO & VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:15/10/2024 13:40
0


Inkuru zitandukanye zikunze kugaruka ku kuntu abakinnyi bakomeye nka Lionel Messi, Ronalido, Benzema, Zilatan Ibrahimovic, LeBron James, Nikola Jokic, Lewis Hamliton ndetse n’abandi n’imiryango yabo ngo bagiriye ibihe byiza mu gace ka Ibiza.



Iyo urebye mu mashakiro, bagusubiza ko Ibiza ariko gace keza ko ku Mugabane w’i Burayi ko kwishimishirizamo byumwihariko amasaha ya nijoro. Amashakiro  avuga ko umucanga wo kuri Ibiza utandukanye n’indi yose yoku Isi, ukaba umwe mu bikurura abakire batandukanye bakaharira ubuzima.

Ibiza ni ikirwa cyiza cyane giherereye nku butaka bwa Espagne mu Nyanja ya Mediterranean igabanya Afurika  n’u Burayi. Ibiza kandi ni agace gafite ubuso bungana na 571km, kugakeraho bigasaba kugenda urugendo rungana na 94km uvuye mu mujyi wa Valencia muri Espagne.

Ibiza kandi ni agace gakundwa n’ingeri zose kubera kari rwagati mu Nyanja, umutekano wako ni ntamakemwa aho usanga ba mukerarugendo bagasura bari kumwe n’imiryango yabo bavuga ko ntakibakoraho cyane iyo baraye mu nzu zabo zigendanwa cyangwa amahema ahagwamo umwuka agahinduka nk’inzu.

Abatunganya filime, agace ka Ibiza baragakunda cyane kuko biborohera guhurirayo n’ibyamamare bitandukanye, bakabona amahirwe yo kubishyira muri filime zabo.

Ibiza ni agace kadapfa kwisukirwa na buri wese kuko karahenze cyane. Ubuzima buciriritse  mu cyumweru kimwe bisaba nibura hagati y’ibihumbi 10-15 by’Amayero . 

Ku bijyane n'ubuzima buhenze bwo amafaranga yose uko washaka kuyarya yarika cyane ko haba hagaragara buri kimwe cyose gikenerwa n’abaherwe.

Iyo mu Rwanda bavuze ku Gisenyi benshi bumva kuruhukira ku Mucanga wo ku Kivu. Ibiza nako ni agace gafite imicanga ibiri ikundwa na benshi ku Isi, iyo ni Cala Conta na Cala Bassa.

Igitangaje ku kirwa cya Ibiza nubwo ari ku butaka bwa Espagne usanga abahatuye badakunda gukoresha ururimwe rw'iki gihugu ahubwo bakoresha Igitaliyani, Igifaransa, Icyongereza n’ikidage, gusa mu minsi ishyize Ubwami bwa Espagne bwasabye ko aka gace kakwibanda ku rurimi gakondo  nk’umucyo w’abaturage ba Espagne bose.

Ku kijyanye n’imikino, aka gace gakundwa n’abakinnyi batandukanye kazwiho kuba ari ahantu heza ho gukinira imikino nko koga, kwiruka ku maguru, gutwara igare ndetse no gutwara igare uzamuka imisozi.

Agace ka Ibiza ku kijyanye n’umupira w’amaguru ntabwo katanzwe kuko kagira ikipe ya Unión Deportiva Ibiza ikina mu cyiciro cya Kane muri Espagne, ikaba itozwa na José Luis Martí.

Kubera ubwiza bw’aka agace tumaze kubona haruguru, ikinyamakuru the Goal.com kivuga ko nibura rimwe mu mwaka umukinnyi yifuza kumara ibyumweru bibiri mu gace ka Ibiza.

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko mu gihe cy’impeshyi usanga abakinnyi ba ruhago hafi ya bose bibereye muri Ibiza cyane ko umwaka w’imikino uba urangiye bamwe bategereje guhinduranya amakipe.

Ikinyamakuru The Sun cyo cyagarutse kuri aka gace, kivuga ko abakinnyi benshi baterera abakunzi babo inda muri aka gace, cyane ko mu mpeshyi ubwo baba bahasohokeye aribwo babona umwanya uhagije wo gukora imibonano mpuzabitsina kuko mu mezi asanzwe umukinnyi aba ahangayikishijwe n’ibibazo byo gukina.


Lionel Messi akunda gutemberera mu mgace ka Ibiza  

">

Amashusho agaragaza ubwiza bwa Ibiza agace abakinnyi ba ruhago bakunda 


Lionel messi n'umuryango we mu kiruhuko mu gace ka Ibiza 


Cristiano Ronaldo akunda kuruhukira mu gace ka Ibiza 


Neymar Jr na bagenzi be mu gace ka Ibiza 



Ku Mucanga wa Ibiza harakundwa cyane 



Inzu zo mu kirwa cya Ibiza 








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND