RFL
Kigali

Imana yakuremye izi neza ko nkukeneye – B-Threy abwira umugore we

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:15/10/2024 16:44
0


Umuraperi Muheto Bertrand [B-Threy] yifurije umugore we Keza Nailla isabukuru nziza y'amavuko, amwibutsa ko Imana yamuremye ibizi neza ko ari we yari akeneye ngo ubuzima bwe bube bwuzuye.



Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2024, ni bwo umugore w'umuraperi B-Threy yabonye izuba. Mu rwego rwo kumwifuriza isabukuru nziza y'amavuko, uyu muraperi yashimiye Keza urukundo ruzira icyasha amukunda ndetse n'imfura yabo.

Mu butumwa buryoheye amatwi yanyujije kuri Instagram yagize ati: "Isabukuru nziza ku muntu Imana yari izi neza ko mukeneye cyane mu buzima bwanjye. Ndagukunda cyane. Uyu munsi njye na Kamba Muheto (imfura yabo) turakwishimiye ndetse n'urukundo rwinshi udukunda. Imana ikuyobore."

Ku wa 27 Nyakanga 2023 ni bwo B Threy n’umugore we bibarutse imfura yabo, bityo iba ihuje umunsi w’amavuko na se umubyara.

Bertrand Muheto wiyise B-Threy uri mu batangije injyana ya Kinyatrap, ni umwe mu baraperi bamaze kuzamura izina ryabo. B-Threy na Keza bakoze ubukwe muri Werurwe 2023.

Ni mu bukwe bwabereye i Gikondo mu Mujyi wa Kigali ahitwa 248 Events bwasusurukijwe n’umuhanzi Cyusa Ibrahim umenyerewe mu muziki Gakondo.

B-Threy na Keza Nailla barushinze bamaze igihe mu rukundo gusa bari barahisemo kurugira ibanga kugeza mu mpeshyi ya 2022 ubwo batangiraga kurugaragariza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga.


Keza, umugore wa B-Threy arizihiza isabukuru y'amavuko uyu munsi


B-Threy yibukije Keza ko Imana yamuremye ibizi neza ko imukeneye

Bombi bafitanye imfura y'umuhungu 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND