RFL
Kigali

Amavubi atsinze Benin ikizere cyo kujya muri CAN kiragaruka (AMAFOTO+VIDEO)

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:15/10/2024 16:43
0


Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi itsinze iya Benin mu mukino wa kane wo gushaka itike y'igikombe cya Africa nuko agira amanota atanu.



Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi itsinze iya Benin mu mukino wa kane wo gushaka itike y'igikombe cya Africa. gutsinda uyu mukino bitumye u Rwanda rugira amanota atanu rugumana ikizere cyo kuzajya mu gikombe cya Africa cyane ko rusigaje umukino wa Libya n'uwa Nigeria.

Nubwo ikipe y'igihugu ya Nigeria itarakina na Libya irusha u Rwanda amanota abiri gusa. Kugeza ubu ikipe ya Mbere ni Nigeria ifite amanota 7, Benin ifite amanota 6, u Rwanda rufite amanota 5 naho Libya ifite inota rimwe.

Uko umukino wagenze umunota ku munota

90+3 Niyomugabo Claude utabanje mu Kibuga yasimbuye Mugisha Gilbert umukino uhita urangira u Rwanda rubonye intsinzi.

Iminota 90 isanzwe irangiye u Rwanda ruyoboye n'igitego kimwe ku busa bwa Benin, Hongerwaho iminota ine y'inyongera.

88, Samuel Guirette yahaye umwanya Muhire Kevin nuko abafana bamukomera amashyi bishyimye.

85' Ntwari Fiacre yakuyemo umupira nyuma y'uko Dodji dokou yari yatatse izamu ry'u Rwanda

84' Abashigikiye ikipe y'igihugu Amavubi kuri stade Amahoro bari mu bicu nyuma y'uko u Rwanda ruri gukina neza

80' Koruneli ya Benin nyuma yuko Niyomugabo Claude atabaye Amabubi, ntacyo imariye ikipe y'igihugu ya Benin

79' Bizimana Djihard utsinze igitego cya kabiri ahaye umwanya Rubanguka steve

77' Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda batangiye gutinyuka isaha ku isaha bari imbere y'ikipe y'igihugu ya Benin

74'Ruboneka Jean Bosco yari azamukanye umupira shaka igitego cya gatatu nuko Williaams wa Benin umupira arawurenza

69' Penaliti itewe na Bizimana Djihard ibyaye igitego cya kabiri cy'amavubi

68' Peneliti y'u Rwanda ku ikosa rikoewe Bizimana Djihard

67' Nshuti Innocent atsinze igitego cya mbere cy' u Rwanda 

66' Umuzamu wa Benin Marcel yakuyemo ishoti rikomeye ryatewe na Nshuti Innoceni

59'  Mugisha Girbert yateye umutwe mu izamu rya Benin ku mupira yari azamuriwe na omborenga fitina nuko amahirwe aba make ku Rwanda.

58' Mugisha giribert yagumye kugerageza uburyo imbere y'izamu rya Benion biguma kwanga 

57'Koruneli y'amavubi yatewe na Bizimana djihard ntacyo yabyariye Amavubi

54'Kufura y'Amavubi yatewe na Samuel guerette nyuma y'uko abanya Benin bari bakoreye ikosa mugisa Giribert ba myugariro baBenin umupira bawukuyemo utarajya mu izamu.

51' Abakinnyi b'u Rwanda bari kugerageza kwataka ikipe ya Benin ariko umuzamu yabaye ibamba


47'Imanishimwe Emmanuel yazamukanye umupira ba myugariri ba Benin Barawurenza, nyuma yo kuwurengura ntacyo u Rwanda Rwamajije umupira.

46' Ikipe y'igihugu ya Benin itangiranye imbaraga ishaka ko ystainda igitego cya kabiri

45' kwizera Jojea yavuye mu kibuga asimburwa na Ruboneka Jean Bosco





Williams nyuma yo gutsinda igitego cyatumye Benin itangira kuyobora umukino



Igice cya mbere Kirangiye umukino uri guhuza ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi n'ikipe y'igihufgu ya Benin u rwanda ruri inyuma ya nBenin kuko Benin Igiye kuruhuka ifite igitego kimwe ku busa bw'u Rwanda

45+1 Koruneri y'u rwanda itewe na Samuel ba Myugariro ba Bebin bayikuyemo

 42' Mugusha Bonheur ananiwe kugarira umupia nuko ufatwa na Williams Edwin nuko atsindira Benin igitego cya mbere , abafana b'amavubi bari kuri stade Amahoro bacika intege kuko imibare itangiye kuba myinshi

41' Amavubi arase igitego ku mupira Mugisha Gir

40' Ntari Fiacre yakuyemo umipra wari uturutse kuri kufura yatewe na Junioun ukomoka muri Benin

35' Kufura y'u Rwanda itewe na Samuel ntaco imariye amavubi

32, Abakinnyi b'ikipe y'igihugu Amavubi bakomeje guhana umupira mu kibuga bakanagerageza kwinjira imbere y'izamu rya Benin ariko igikorwa cya nyuma gikomeje kwanga.

25' myugariro w'Amavubi Manguende aryamye hasi nyuma yuko bamukoreye ikosa, u Rwanda Rwahawe Kufura yatewe na samuel nuko Niyigene Clement ateye umutwe umupira ujya mu ntoki z'umuzamu.

20' Nshuti Innocent yari yatatse umuzamu wa Benin nuko ahita atera umupira akiza izamu nuko Nshuti ahomba gutyo.

16' Kufura y'amavubi ku ikosa ryakorewe Kwizera jojea Amavubi yayihererekanyije ananirwa kuyibyaza umusaruro.

14' Abakinnyi b'Amavubi bari gukinira mu kibuga hagati bareba uko bacuka ubwugarizi bwa Benin buhagaze neza muri iyi minota

10' Ombolenga Fitina yazamuye umupira imbere y'izamu rya Benin n'uko Mugisha Gilbert ananirwa kuwutsinda n'umutwe.

7' Amavubi abonye uburyo kwa kufura gusa umusa u wa Benin aba imamba.

6' Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi batangira ye gahunda yo kwataka gusa ba myugariro ba Benin bahagaze neza.

4'Ikipe y'Igihugu ya Benin iteye ishoti rikomeye imbere y'izamu ririnzwe na Ntwari Fiacre umupira unyura hejuru y'izamu

1, Amavubi arase igitego ibere y'izamu rya benin umupira wari ufitwe na Mugisha Girbert


Ba kapiteni ku mpande zombi bari kumwe n'abasifuzi mbere y'uko umukino utangira 


Abakinnyi b'Amavubi bari kuririmba Indirimbo yubahiriza igihugu


Ikipe y"igihugu ya Benin yamaze gusohoka mu Rwambariro

Abakinnyi b'u rwanda bamaze gusohoka mu rwambariro


Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Benin

Souke Marcel

Yohana Benjamin

Oliver Jacques Aime

Imouane Hasanne

Steve Monue

Rachid Moumin

Mohammed Tijan

Sessi Octave

Andréas Eduin Williams

Junior Olatian

Francisco Dooo Dodji Dokou


Abakinnyi bagiye kubanza mu kibuga ku ruhande w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda ni

Ntwari Fiacre

Ombolenga Fitina

Imanishimwe Emmanuel

Niyigena Clement

Mutsinzi Ange

Mugisha Bonheur

Guelette Samuel

Bizimana Djihard (C)

Kwizera Jojea

Nshuti Innocent

Mugisha Gilbert

Amakipe ku mpande zombi ari kwishyushya yitegura urugamba rutangira nyuma y'iminota 40 iri imbere.


Abafana batangiye kugera kuri stade n'ubwo atari benshi

Kuri Stade Amahoro abafana Ntabwo bari bahagera ngo bashyigikire ikipe y'igihugu






Ku marembo ya Stade Amahoro abafana ni benshi biteguye gushigikira Amavubi




Ubwo habura isaha imwe ngo rwambikane hagati y'ikipe y'igihugu ya Benin ndetse n'Amavubi abasifuzi bari gusuzuma ikibuga banakora imyitozo ngororamubiri kugira ngo babashe koroherwa no gusifura umukino.

Mu mukino wa Gatatu ikipe y’igihugu ya Benin les Guepards yatsinze ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade yitiriwe uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Cote d’ivoire kuva mu 1960-1993 Felix Haupouet Boigny.

Ubwo ikipe y’igihugu ya Benin yatsindaga umukino wa Gatatu yahise igira amanota atandatu ku ikenda, Amavubi asigara ku manota abiri ku ikenda.

Uyu mukino wo kuri uyu wa Kabiri ni umukino wo gupfa no gukira ku ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, cyane ko niramuka iwutsinzwe iraguma ku manota abiri kuri 12 araba amaze gukinirwa, urugendo rwo kujya mu gikombe cya Africa ruse n’aho rurangiye kuko imikino ibiri yaba isigaye imbere nubwo amabuvi yatsinda ntabwo yakuzuza amanota ikenda Benin yahita igeraho iramutse itsinze umukino wa none.

Mu gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinda iya Benin kuri uyu wa kabiri, amahirwe yo kujya mu gikombe cya Africa yaba agihari kuko u Rwanda rwahita rugira amanota 5 rugasigara rurushwa na Benin inota rimwe cyane ko yo yamaze kugira amanota atandatu.

Nyuma y’imikino itatu imaze gukinwa mu itsinda u Rwanda ruherereyemo Nigeria ni iya mbere n’amanota arindwi, Benin ya kabiri afite amanota 6, u Rwanda rwa gatatu rufite amanota 2 naho Libya ya kane ifite inota 1.





Abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda bitezweho gutanga ibisubizo imbere ya Benin

">

Uko Amavubi yasesekaye kuri Stade Amahoro






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND