RFL
Kigali

Bull Dogg yagaragaje Prince Kiiiz nka Producer wafashe Hip Hop kurenga imipaka; we ariteguye?

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/10/2024 15:01
0


Umuraperi Ndayishimiye Bertrand [Bull Dogg] yanditse agaragaza ko ashingiye ku ndirimbo “Puta” yakoranye na Juno Kizigenza igakundwa mu gihe gito, abona Prince Kiiiz wayikoze nk’ufite urufunguzo rwo gutuma injyana ya Hip Hop Nyarwanda imenyekana ku rwego rw’Isi.



Ni mu butumwa yatangaje ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Ukwakira 2024, agaragaza ko yishimiye umusaruro wavuye muri iriya ndirimbo yakoranye na Juno Kizigenza imaze kurebwa n’abantu barenga Miliyoni 1 ku muyoboro wa Youtube wa Bull Dogg.

Uyu muraperi yanditse asaba Prince Kiiiz kumuha undi mwanya bagakora indirimbo. Iyi indirimbo ‘Puta’ yagiye ku isoko irakundwa mu buryo bukomeye, hashize igihe gito, The Ben ashyira hanze indirimbo ‘Plenty’, Bruce Melodie afatanyije na Bien-Aime bashyira hanze indirimbo “Iyo Foto”, umuhanzikazi Cyuzuzo Teta Liza [Lisaa] nawe ashyira hanze amashusho y’indirimbo “Forever” zose zakozwe na Producer Kiiiz.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Prince Kiiiz yavuze ko ibyo yasabwe na Bull Dogg bishoboka, kuko uko yakoze indirimbo ye na Juno Kizigenza ari nako yamukorera n’izindi.

Yavuze ko Bruce Melodie ariwe wagize uruhare mu kuba yarahuye na Bull Dogg. Ati “Ntabwo nakwanga ko twongera gukorana. Kuko, urumva ubwa mbere twarabikoze abantu barabikunda, rero kubikora ubwa kabiri ni ibintu byoroshye kandi bishoboka.”

Akomeza ati “Kandi koko birakenewe. Buriya iyo umuntu akoze indirimbo igakundwa aba agomba kongera agakora indi akayisubira akemeza abantu ko ashoboye gukora ‘Hit’ njye nditeguye rero. Ubundi kugirango duhure na Bull Dogg, byagizwemo uruhare na Bruce Melodie. Twahuye yaje kuririmba mu ndirimbo yakoranye na Bruce Melodie, rero duhita dutekereza ko namukorera indirimbo.”   

Yavuze ko kiriya gihe, Bull Dogg yamusabye ko yamucurira injyana y’indirimbo hanyuma agatekereza ku magambo yo kuyishyiramo. Asobanura ko nyuma, Bull Dogg yaje gutekereza ko yayikorana na Juno Kizigenza, umushinga ukomeza uko.

Kiiiz avuga ko gukorera indirimbo Bull Dogg ari kimwe mu byo yifuzaga. Ati “Twarahuje cyane muri ‘Studio’ cyane ko ari umuntu nakundaga cyane. Ni uko twahuye, kandi uko twakoze iriya ndirimbo, twakongera no gukora indi.”

Uyu musore yasobanuye ko ashingiye ku muhate wa Bull Dogg mu guteza imbere Hip Hop Nyarwanda n’ubushobozi afite mu gukora no gutunganya indirimbo ntashidikanya ko ibihangano by’abahanzi byagera ku Isi hose cyane cyane ibyubakiye kuri Hip Hop.

Yavuze ko yemeranya na Bull Dogg ko afite ubushobozi n’ubushake bwo kuba yatuma Hip Hop nyarwanda igera ku isi hose. Ati “Ndatekereza twabikora. Cyane ko atari ubwa mbere mbikoze, na Dany Nanone twarabikoze, mfite n’abandi bahanzi batandukanye mfasha kubona indirimbo iri ‘Hit’ (ikunzwe). Mbese igera kure, ni ibintu nkeka ko bitaba ari ikibazo, ku kuba twakomeza gukorana, tugakora indirimbo nziza cyane.”

Kiiiz yasobanuye ko injyana ya Hip Hop ikunzwe cyane mu bice bitandukanye byo ku Isi, kandi ko uko yatejwe imbere mu bihugu birimo Amerika, n’Abanyarwanda bashyigikiye abakora iyi njyana batera imbere.

Yavuze ko hari abahanzi benshi bagaragaza impano muri Hip Hop, ariko kandi hari n’abandi bacitse intege ahanini bitewe no kudashyikirwa. Avuga ko “abo nabo ni igihe cyabo kugira ngo bagaruke bakora ibintu bikomeye, cyangwa bigire ku bahanzi bakuru.”

Bull Dogg yasabye prince Kiiiz kongera kumuha umwanya bagakorana indirimbo

Bull Dogg yagaragaje ko Prince Kiiiz afite urufunguzo rwo gutuma Hip Hop Nyarwanda yumvikana ku Isi hose


Prince Kiiiz yavuze ko yahuye na Bull Dogg binyuze mu ndirimbo yakoranye na Bruce Melodie


Prince Kiiiz yavuze ko yihaye intego yo guteza imbere abakora Hip Hop mu Rwanda

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘PUTA’ YA JUNONA BULL DOGG

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND