RFL
Kigali

Mu Rwanda ubushomeri bwagabanutseho 7% mu mwaka wa 2021-2023

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:23/09/2024 9:46
0


Banki y’Isi igaragaza ko hagati ya 2021 na 2023, mu Rwanda hahanzwe imirimo mishya 500,000 yatumye ubushomeri bugabanukaho 7%.



Ibi, ni ibikubiye mu cyegeranyo cya 23 cyakozwe na Banki y'Isi, ishami ry'u Rwanda ku ishusho y'ubukungu kizwi nka 'Rwanda Economic Update' cyashyizwe ahagaragara tariki 17 Nzeri 2024. Hagaragaramo ko mu myaka itatu ishize, ubushomeri mu Rwanda bwagabanutseho 7%, kuko bwageze munsi ya 15% mu ntangiriro z'uyu mwaka wa 2024.

Muri iki cyegeranyo, hagaragaramo ko ubucuruzi buranguza n'ubudandaza bwihariye 13% bw'imirimo mishya igera ku 500,000 yahanzwe hagati ya 2021-2023, mu gihe ubwubatsi bwihariye 10%, naho ubwikorezi n'inganda bukiharira 6%.

Iyi raporo ya Banki y'Isi yerekana ko abagore ari bo biganje cyane mu bagize amahirwe yo kubona akazi kurenza abagabo. Ni mu gihe ubuhinzi ari bwo bwihariye igice kinini gihwanye na 43% by'imirimo mishya.

Imibare y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare yerekana ko kugeza muri Gicurasi uyu mwaka, abagera kuri 4,300,000 ari bo bafite akazi. Muri bo, abagera kuri 2,800,000 bagejeje igihe cyo gukora nibo bafite akazi gahoraho kuri 8,100,000 bagejeje igihe cyo gukora.

Muri gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya kabiri (NST2) izagenderwaho muri manda y’imyaka itanu ya Perezida Kagame, biteganijwe ko hazahangwa imirimo ibyara inyungu nibura miliyoni 1,25 ndetse buri mwaka hazajya hahangwa imirimo ibihumbi 250.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu myaka irindwi ishize hahanzwe imirimo mishya irenga miliyoni imwe n’ibihumbi 100, yakuye benshi mu bushomeri, ndetse ngo haracyashyirwa imbaraga mu guhanga indi mirimo mishya hagamijwe kurandura ubushomeri by’umwihariko mu rubyiruko.

Mu 2017 ubwo hatangazwaga gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, ingingo yasamiwe hejuru n’urubyiruko kimwe n’abatari bafite imirimo ni iyo guhanga imirimo mishya ibihumbi 200 buri mwaka.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19 yabaye tariki 23-24 Mutarama 2024, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko ku byerekeye guhanga imirimo, mu myaka irindwi byari biteganyijwe ko hazahangwa imirimo miliyoni imwe n’ibihumbi 500.

Imirimo myinshi mishya yahanzwe binyuze mu guteza imbere inganda n’ibindi bikorwaremezo bigamije gushyigikira gahunda yo gushyigikira ibikorerwa mu Rwanda (Made In Rwanda).

Yavuze ko intego igihugu cyari cyihaye mu 2017 ari iyo guhanga imirimo nibura ibihumbi 200 buri mwaka.

Ati: “Ubu rero tukaba twarashoboye guhanga imirimo ingana na miliyoni imwe n’ibihumbi 100. Urugendo ruracyari rurerure kuko abantu bakeneye akazi cyane cyane urubyiruko baracyahari, gufatanya rero n’abikorera tugahanga imirimo irenzeho myinshi ni urugendo rurerure ariko turarukomeza.

Guverinoma ikomeje gushyira imbaraga muri iyi gahunda ifatanyije n’inzego zose ku buryo ikibazo cy’ubushomeri nubwo kitaranduka burundu ariko twakigabanya.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko mu 2022, impuzandengo y’ubushomeri mu Banyarwanda yari kuri 20.5%, naho mu rubyiruko ubushomeri bwari buri kuri 25.6% muri uwo mwaka.

Iyi mibare yerekana ko mu bize Kaminuza ubushomeri bwari kuri 17.3%, mu basoje amashuri yisumbuye mu masomo rusange buri kuri 22.9% mu gihe ku bize imyuga n’ubumenyi ngiro bo ubushomeri bwari buri ku ijanisha rya 17.9%.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND