RFL
Kigali

Baby Emelyne, The Ben, Yago na Sandrine Isheja mu bakomeje kunyeganyeza imyidagaduro-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/09/2024 14:53
0


Amakuru akomeje gutigisa imyidagaduro, amenshi ashingiye ku bitaramo birimo ibyatumiwemo abanyamahanga nka Sheebah Karungi na Rema na Kidum, gusa hari n'andi ashingiye ku ndirimbo Tamba, Sikosa, Bailando n’izindi.



Nyuma y’amatora akomatanije ay’Abadepite n’ay'Umukuru w’igihugu yabaye kuwa 14-15 Nyakanga 2024, ibikorwa by’imyidagaduro byongeye gusubukurwa mu Rwanda.

Mu kwezi kwa Kanama habaye ibitaramo bitandukanye birimo nka "The Keza Camp Out" cyatumiwemo Sheebah Karungi wo muri Uganda wataramanye n’abarimo Bushali na Bwiza bo mu Rwanda.

Si abo bahanzi gusa, ahubwo n'abavanzi b’umuziki nka DJ Phil Peter na DJ Crush batanze ibyishimo bisendereye bafatanije n’abashyushyarugamba n’ababyinnyi bagezweho.

Rema nawe wo muri Uganda, yatanze ibyishimo ku bakunzi b'umuziki bo mu Rwanda, aho yataramanye na The Ben mu gitaramo cyasize inkuru ya Baby Emelyne wafashijwe n’uyu muhanzi kwambara neza bikavugisha abatagira ingano.

Kidum wo mu gihugu cy'u Burundi, na we yongeye gushimangira ko ari umuhanzi w’ibigwi mu Karere mu gitaramo yakoreye muri Camp Kigali cyakurikiwe kandi n’icya Bull Dogg na Riderman cyongeye kwerekana imbaraga n’umurindi wa Hip Hop.

Ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika bizazenguruka mu turere tugera mu 8 na byo byatangiriye i Musanze mu Ntara y'Amajyaruguru. Massamba nawe yizihije imyaka 40 amaze akora umuziki by’umwuga, abihuza n’imyaka y’Inkuru ya 30.

Hirya y’ibitaramo byasusurukije benshi, hari indirimbo zasohotse ariko zifite inkuru zihariye nka ‘Bailando’ ya Shaffy ariko yishimiwe bitewe na Scillah; ‘Sikosa’ ya Kevin Kade yitabajemo Element na The Ben ariko itavugwaho rumwe kuva mu itegurwa ryayo.

Hari kandi indirimbo ya Kenny Sol na DJ Neptunez yitwa ‘No One’. Nk'uko uyu mugabo yabitangaje, iyi ndirimbo irashimangira ko akibarizwa muri 1:55AM.

Hari ‘Tamba’ imwe mu ndirimbo zifite igikundiro cyo hejuru ya Zeo Trap umwe mu baraperi bakomeje kwiharira ikibuga cy'umuziki mu njyana ya Hiphop kuva umwaka watangira.

Izamurwa rya Sandrine Isheja wari umaze imyaka 10 akorera radiyo ya Kiss FM wagizwe Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, [RBA], naryo ryashyuhije imyidagaduro.

Imirindi ya Yago nayo ikomeje kuvuga aho atangaza ko yagiye ashaka kugirirwa nabi n'abo bakora bikaba byaratumye abahunga. 

Ubu haritegurwa kandi ibirori bizabera muri Kigali Convention Center kuwa 07 Nzeri 2024 byateguwe na Sherrie Silver umwe mu babyinnyi mpuzamahanga.

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KU MAKURU AKOMEJE GUTIGISA IMYIDAGADURO


Ibirori byateguwe na Sherrie Silver bitegerejwe mu mpera z'icyumweru cya mbere cya NzeriYago uheruka gutangaza ko ahunze agatsiko kamurwanya akomeje kugaragaza ubuzima butoroshye yagiye anyuramo no kuba ashoboye ibyo akora The Ben yerekanye ko aho wategurira ibirori cyangwa ibitaramo mu Rwanda byakunda mu gitaramo yahuriyemo na Rema i MusanzeIzina rya Baby Emelyne ryinjiye mu myidagaduro nyuma yo kugaragara mu mashusho yavugishije benshi aho yagaragaye ari kumwe na The Ben Sandrine Isheja yazamuwe mu ntera asimburwa kuri Kiss FM na Anita PendoRiderman na Bull Dogg bari mu bagarutsweho cyane kubera igitaramo cyabo cy'amateka cya Hip Hop bakoreye muri Camp Kigali






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND