RFL
Kigali

Minisitiri Bizimana yibukije Abanyarwanda ko kuganuzanya bidakwiye kurangirana n'Umunsi w'Umuganura gusa

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:2/08/2024 14:14
0


Ibirori byo kwizihiza Umunsi w'Umuganura by'uyu mwaka, byahujwe no kwishimira ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 30 ishize no kuzirikana indangagaciro ziwubumbatiye ari zo; kunga ubumwe, kwimakaza umurimo no gukunda Igihugu.



Umunsi w'Umuganura umaze kuba inkingi ikomeye mu mibereho y’Abanyarwanda ndetse agaciro kawo gatuma uhererekanywa mu b'ibyiciro bitandukanye kugeza no ku bakiri bato.

Kuri uyu wa Gatanu, hirya no hino mu Gihugu habereye ibirori byo kwizihiza Umunsi w'Umuganura mu 2024. Ku rwego rw'Igihugu, ibi birori byabereye i Mukarange mu Karere ka Kayonza, ahahuriye abayobozi mu nzego nkuru n'abaturage bo muri ako karere.

Umuganura w’uyu mwaka ufite umwihariko wo kwishimira ibyagezweho mu myaka 30 ishize aho mu byo Abanyarwanda bishimira harimo kunga ubumwe, kwimakaza umurimo no gukunda Igihugu. 

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ‘Umuganura, isoko y’ubumwe n'ishingiro ryo kwigira’.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco, yavuze ko aka Karere gasigaye "kaganuza Igihugu n’amahanga". 

Muri uyu mwaka, Akarere ka Kayonza kejeje toni 36 z'ibigori, toni 34 z'ibishyimbo, toni ibihumbi 12 z'umuceri, toni ibihumbi 22 z'imyumbati, toni 2000 za soya na toni ibihumbi 70 z'urutoki.

Meya Nyemazi Jean Bosco yagaragaje ko Pariki y'Akagera ibarizwamo inyamaswa eshanu z’inkazi iganuza Igihugu cyose. Ati: "Uyu mwaka baganuje abaturiye pariki miliyoni 800 Frw. Zirimo 560 zagiye mu bikorwa n'imishinga biteza imbere abaturage.'

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abitabiriye ibirori by'Umunsi w'Umuganura ko ‘iyi ntego yo kwigira ikomeze ishimangire urugendo tumaze kugenda.’

Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana yavuze ko kuganuzanya bidakwiye kurangirana n'Umunsi w'Umuganura gusa, aho yagize ati: "Ntituganure ngo dusabane ngo twibagirwe n’abandi bafite bike, ngo twibagirwe abana bacu. Nidusubira mu ngo zacu tubikomeze, bizaturange igihe cyose.''

Yasabye Abanyarwanda gukorana umurava no kwimakaza umuco w'ubufatanye kugira ngo biteze imbere.

Ati:"Leta yifuza ko Abanyarwanda bashyira hamwe ngo bashakire ibisubizo by'ibibazo duhura na byo mu Gihugu cyacu."

I Mukarange hari hateraniye abaturage benshi byumwihariko abaje kumurika umusaruro bejeje muri uyu mwaka ushize. Ibyo bishimira bagezeho birimo ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubuzima, serivisi, ikoranabuhanga n’ibindi.

Abaturage bitabiriye ibirori byo kwizihiza umuganura, barashimira Leta yabigishije gukora bakiteza imbere mu bikorwa bitandukanye bishingiye ku buhinzi n'ubworozi. 

Mu Murenge wa Tabagwe, ahabereye ibi birori, barishimira umusaruro wa toni zisaga 1000 z'ibigori na toni zirenze 800 z'ibishyimbo n'ibindi bihingwa birimo imyumbati n'ibitoki.

Buri wa 5 wa mbere w’ukwezi kwa Kanama, Abanyarwanda bizihiza umunsi w’umuganura, abakuze bavuga ko kwizihiza umuhango w’umuganura ari ugusigasira umurage w’u Rwanda, bitewe nuko ukubiyemo indangagaciro z’umuco nyarwanda.


Minisitiri Bizimana yavuze ko kuganuzanya bikwiye kuba umuco ntibikorwe ku munsi w'Umuganura gusa

Mu birori byo kwizihiza Umunsi w'Umuganura, abana bagaburiwe bahabwa amata 


Imiryango 7 yagabiwe inka


Abaturage b'i Kayonza bamuritse umusaruro w'ibiribwa byera iwabo 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND