RURA
Kigali

Byagenze gute ngo Fireman abure mu ndirimbo AB Godwin yahurijemo Green P na Ama G The Black?-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/07/2024 14:17
1


Mutimura Abed wamenyekanye nka AB Godwin yatangaje ko mu ndirimbo 'Barabure' yashyize hanze yagombaga kuririmbamo umuraperi Uwimana Francis [Fireman], ariko yabonetse mu gihe umushinga warimo unononsorwa na Producer Bob bituma akomezanya n'abaraperi Green P ndetse na Ama G The Black.



Iyi ndirimbo igiye hanze mu gihe AB Godwin aherutse gutangira urugendo rwo guhuriza hamwe abaraperi mu ndirimbo zinyuranye. Yaherukaga gusohora indirimbo 'Ku Ipingu', 'Menya' ndetse na 'Now worries Love'.

Yabwiye InyaRwanda ko akimara gushyira hanze ziriya ndirimbo ze bwite ari bwo yatekereje gukora indirimbo ariko akayihurizamo abaraperi 'ba cyera batari abubu'.

Arakomeza ati "Abaraperi b'ubu bikorera New School, Drill n'izindi njyewe rero nashakaga Hip Hop ya Old School nk'izo P-Fla yakoraga, Jay Polly, Green n'abandi barimo Fireman.

Ni Hip Hop nshaka kugarura kuko usanga akenshi batakiyikora n'abaraperi benshi bo muri iki gihe wumva ko bakora cyane Drill. Rero iriya Hip Hop abantu bakunze cyane n'iyo nshaka gushyiramo imbaraga, ari nayo mpamvu abantu bansabaga gukora na bariya baraperi."

AB Godwin yavuze ko guhitamo Green P yashingiye ku kuba ari umuraperi yakuze akundira ibihangano, kandi ibiganiro bagiranye byagejeje ku kuba yararirimbyemo.

Ni indirimbo avuga ko yagombaga no kuririmbamo umuraperi Firemen ariko 'yaje kubura kubera impamvu ntazi. Ati "Iyi ndirimbo yagombaga kujyamo na Fireman aza kubura kubera impamvu ntazi z'ubuzima, wenda umuntu aba yirukanka kubera ibintu byinshi'.

Yavuze ko Fireman yaje kuboneka nyuma, ariko asanga bamaze kuyifatira amajwi ndetse yageze mu biganza bya Producer Bob kubera ko bitari gukunda ko bayirangiza bari kumwe. Ati "Fireman yabonetse indirimbo Bob Pro yaramaze kuyinonsora."

AB Godwin avuga ko aha ariho yahereye ahitamo ko ayikorana na Green P ndetse na Ama G The Black kubera ko 'byari ngombwa ko dukorana bose'. Yavuze ariko ko gukorana na Green P byaturutse ku bushake n'umuhate wa Ama G The Black

Uyu musore avuga ko iyi ndirimbo itangije umushinga w'izi ndirimbo azahuriramo abaraperi banyuranye, ndetse yifuzaga ko iyi ndirimbo 'Barabure' izajya hanze nyuma y'amatora, ariko ntibyakunze bitewe n'ubusabe bw'abantu benshi bayishakaga.

Umuraperi Green P yateye ingabo mu bitugu AB Godwin mu ndirimbo ye nshya yise 'Barabure' 

Umuraperi Green P yaririmbye mu ndirimbo ya AB Godwin bigizwemo uruhare na Ama G The Black bakoranye igihe kinini

AB Godwin yatangaje ko mu ndirimbo 'Barabure' hagombaga kuririmbamo Fireman ariko yabonetse baramaze kuyifatira amajwi 

Umuraperi AB Godwin ari kumwe na mugenzi we Green P

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'BARABURE' AB GODWIN YAHURIJEMO GREEN P NA AMA G THE BLACK

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nshimiyimana janvier7 months ago
    Amag umurayon green umuyovu AB igikona



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND