RFL
Kigali

Menya bimwe mu byaranze iyi tariki mu mateka y’Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:5/07/2024 9:22
0


Tariki 5 Nyakanga ni umunsi wa 161, bisobanuye ko hasigaye iminsi 178 uyu mwaka ukagera ku musozo.



Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

1295: U Bufaransa na Ecosse byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu rwego rwo kurwanya u Bwongereza.

1687: Isaac Newton yashyize ahagaragara inyandiko yise Philosophiæ Naturalis Principia Mathematica, yabaye ingirakamaro mu mpinduka y’ubumenyi ari bwo siyansi (scientific revolution).

1811: Venezuela yatangaje ubwigenge bwayo yibohora ubukoloni bwa Espagne.

1830: U Bufaransa bwigaruriye Algeria.

1884: U Budage bwatangiye kugenzura Cameroon.

1934: Habaye imyigaragambyo yiswe Bloody Thursday, yabereye mu Mujyi wa San Francisco muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abapolisi barashe rwagati mu mbaga y’abakozi bigaragambyaga.

1945: Mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose, Philippines yatangaje ukwibohora kwayo.

1962: Algeria yatangaje ubwigenge bwayo, yibohora ubukoloni bw’Abafaransa.

1963: UNAR yagabye ibitero ku Rwanda.

1973: General Major Juvénal Habyarimana yahiritse ku butegetsi Grégoire Kayibanda.

1975: Ishyaka MRND rya Habyarimana ryarashinzwe.

1995: Armenia yatangaje Itegeko Nshinga ryayo rishya, nyuma y’imyaka ine itangiye kwigenga dore ko Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete zari zimaze gusenyuka.

1996: Dolly the sheep (Intama), ikinyabuzima cya mbere cyashoboye kubaho hifashishijwe clonage( kubyaza akaremangingo ikinyabuzima).

1999: Perezida Bill Cliton yatangaje ko yanze ibihano by’ubukungu byari byafatiwe ubutegetsi bw’Abatalibani muri Afghanistan.

2004: Bwa mbere muri Indonesia, hatangiye gukorwa amatora ya Perezida wa Repubulika.

Bamwe mu bavutse uyu munsi:

1321: Joan of The Tower, umwamikazi ndetse n’umufasha w’Umwami David II wa Ecosse.

1931: Ismail Mahomed, wabaye umukuru w’ubutabera muri Afurika y’Epfo na Namibia.

1979: Shane Filan, umuririmbyi wabaga mu itsinda rizwi cyane rya Westlife.

Bamwe mu bitabye Imana kuri iyi tariki:

1945: John Curtin, Minisitiri w’Intebe wa cumi na kane wa Australia.

2004: Hugh Shearer, umunyapolitiki wo muri Jamaica, yabaye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu.

2008: Hasan Doğan, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Turikiya.

2023: Coco Lee, umuraperi w'umushinwa wiyahuye ku myaka 48 y'amavuko.
 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND