FPR
RFL
Kigali

Diana yashyikirijwe ikirango cya Zahabu na YouTube bizamura amarangamutima ya Bahati

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/07/2024 8:28
0


Kevin Kioko Bahati uri mu bahanzi baturuka muri Kenya bafite izina rikomeye mu Karere k’Ibiyagabigari yarase amashimwe umugore we waciye agahigo agira abamukurikira kuri YouTube Miliyoni 1.



Diana Marua yabaye umuhanzikazi wa mbere mu Karere unabihuza no gusangiza abamukurikira uburyo bw’imibanire, ubashije kugeza aba ‘Suscribers’ Miliyoni 1.

Intambwe yateye yatumye umugabo we Bahati amurata amashimwe ati: ”Rukundo rwanjye ukwiriye ibi ngibi, ntewe ishema no kugira umugore w’umukozi nka we, kandi nishimiye kwitwa umugabo wawe.”

Diana Marua na we yagaragaje ibyishimo avuga inkuru y’uburyo yatangiye gukoreshamo urubuga rwa YouTube n’ishimwe afite.

Ati: ”Umuhanzikazi wa mbere unabihuza n’ibindi by’umumaro yamaze kubona ikirango cya Zahabu nyuma y'uko abashije kugeza kuri Miliyoni 1 y’abamukurikira kuri YouTube.”

Akomeza agaragaza ko amagambo atasobanura ibyishimo afite, kandi ko ashimira buri umwe ureba ibihangano bye n’ibindi abasangiza.

Ati "Natangiye ibi byose ngamije kugira ngo nereke urugero abandi, mbigishe nahuze abantu baturuka mu nguni zitandukanye z’isi."

Uyu mugore agaruka ku myaka ishize atangiye gukoresha uru rubuga, avuga ko hari muri Nyakanga 2019, akaza gushyiramo imbaraga mu gukora ibidasanzwe mu 2020 ubwo hari mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19.

Kuwa 17 Gashyantare 2024 ni bwo yujuje Miliyoni 1 y’abamukurikira kuri uru rubuga yongera gushimira abikuye ku mutima buri umwe wagize uruhare mu gukomeza kwaguka kwe.

Kuri ubu uyu mugore yamaze gushyikirizwa ikirango cya Zahabu gitangwa na YouTube ku wabashije kugeza Miliyoni y’abamukurikira kuri uru rubuga.Diana Bahati yashyikirijwe ikirango cya Zahabu na YouTube nyuma y'uko amaze kurenza Miliyoni 1 y'abamukurikira kuri YouTubeDiana Bahati yashimiye abantu bose bizereye mu byo akora bakabitiza umurindi babirebaDiana Bahati yashimiye umugabo we wakomeje kumuba hafi muri uru rugendo Bahati yashimiye ubwitange bw'umugore we amwibutsa ko atewe ishema n'ibyo akora






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND