Kigali

Umutekano wari wakajijwe, yari atwaye imodoka ya Miliyoni 800 Frw, abahanzi n’abayobozi bitabiriye: Ubukwe bwa Davido-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:26/06/2024 7:41
0


Davido na Chioma baraye bakoze ibirori by'akataraboneka byitabiriwe n’ibikomerezwa mu ngeri zitandukanye, burangwa n’umutekano wo hejuru, anabuherwamo impano zitandukanye.



Davido yerekeje ahabereye ibirori b’ubukwe bwe na Chioma arindiwe umutekano bikomeye n’abantu benshi barimo n’abafite imbunda, yari yitwaye mu modoka yo mu bwoko bwa Mercedes Maybach, imwe iri muzihenze kandi z’ubwiza butangaje.

Ubukwe bw’aba bombi bukaba bwitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye bakomeye muri abo twavuga nka Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria.

Imodoka Davido yari atwaye ikaba ariyo mu mwaka wa 2023, aho mu mashusho yanyujije ku mbuga ze yagaragaye ayisohokamo asuhuza imbaga y'abantu  bashakaga kumwegera ariko bitari bikunde kubera  abari bamurinze.

Maybach ikaba ihagaze Miliyoni zikaba 800Frw, uyu muhanzi yayibitseho muri 2023.

Abahanzi bagenzi ba Davido bakaba bari babukereye nka P Square abavandimwe bagize iri tsinda uko ari babiri baka bagaragaye bari kumwe muri ubu bukwe.

Patoranking na we ari mu bitabiriye ubu bukwe ndetse yifurije mugenzi we ishya n’ihirwe mu gihe Olamide we yanaririmbye muri ubu bukwe.

Muri ubu bukwe kandi baherewemo impano y’imodoka y’ibara ry’umweru bahawe ifite ikirango cya CHIVIDO,ijambo-ndanga uyu muryango wakomeje gukoresha mu bihe by’ubukwe.Ibirori by'ubukwe bwa Davido na Chioma byagombaga kuba mu 2020 bikomwa mu nkokora n'icyorezo  cya Covid 19 nyuma na nyuma byabaye, bombi babyaranye abana batatu barimo imfura yabo yitabye ImanaDavido yari yitwaye mu modoka y'agatangaza yo mu bwoko bwa Maybach 

Mu mpano uyu muryango wahawe harimo imodoka y'agatangaza ifite ikirango gisobanuye bombiPatoranking yitabiriye ubukwe bwa Davido na Chioma yifuriza ibyiza uyu muryango mushyaRudyboy ni uku yaserutse yambaye mu birori bya Davido na Chioma 

Imyaka irenga 10 irashize Davido na Chioma bahuriye muri Kaminuza bamenyanye Akanyamuneza kari kose n'ibyishomo kuri Davido wakabije inzozi zo gukora ubukwe n'uwo yihebeye Aha Davido wari urindiwe umutekano cyane  yaba hanze n'indani ahabereye ibirori yari yicaranye na mubyara we B RedByari akanyamuneza mu nguni zose kuri Davido n'inshuti ze za hafiMu mpera z'icyumweru gishize ni bwo Chioma yakorewe ibirori byo gusezera urungano






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND