Abanyamideli bagaragara mu ndirimbo bari kwiyongera umunsi ku wundi kandi buri umwe afite ubudasa bwe, bigatuma uruganda rw'imyidagaduro mu Rwanda rutera imbere.
Uruganda rw’abagaragara mu ndirimbo ruragenda rwaguka ndetse buri mwaka hatangwa ibihembo byo kubashimira ku ruhare bagira mu iterambere ry’imyidagaduro n'umuziki.
Ibi bihembo bizwi nka ‘Video Vixen Awards’ byitezweho kuzongera kubera mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2024.
Uyu munsi tugiye kugaruka kuri bamwe mu banyarwandakazi
bashya bamaze iminsi bagaragara mu ndirimbo, hakaba harimo abishyurwa kuva
ku bihumbi 500Frw kuzamura kugera kuri Miliyoni 2.6Frw
Judy
Uyu mukobwa yamamaye cyane ku
mbuga nkoranyambaga nk’umukinnyi wa filime, ariko na none bishingiye ku mashusho
anyuranye asangiza abamukurikira.
Kayumba Darina
Kuwa 16 Kamena 2024 ni bwo iyi ndirimbo yagiye
hanze. Gukorana kwabo, byashingiye ku izina uyu mukobwa asanzwe
afite n’umubano aba bombi bafitanye.
Anitah Muller
Ubwo Element yakoreraga indirimbo
muri iki gihugu, bahisemo uyu mukobwa bamwishyura agera kuri Miliyoni 2.6Frw
kugira ngo yemere gukorana n’uyu muhanzi.
Indirimbo ‘Milele’ yahuje aba bombi yatwaye muri rusange agera kuri Miliyoni 30Frw.
Tunga Kunda Alliance Yvette
Umugore wa Kenny Sol ari mu
bamaze kwinjira mu mubare w’abagaragaye cyangwa bitabazwa mu ndirimbo z'abahanzi, akaba agaragara mu yo
umugabo we aheruka gukora.
Kenny Sol yitabaje Kunda wari
ukinatwite imfura mu ndirimbo ‘2 in 1’ y’urukundo inashingiye ku nkuru yabo y’urukundo y'uko bamaze kuba umwe.
Teta Trecy
Muri iyi ndirimbo Okkama yumvikana
yemeza ko Element, Kenny Sol, Mistaek n’abandi bari mu rukundo. Ni imwe mu ndirimbo zishimiwe muri Gashyantare 2024.
Iliza Noella
Ni nyuma yuko yari
yagaragaye muri "Ndagutinya" ya Li John yagiye hanze muri Kanama 2023, ikaba iri
mu zagize igikundiro cyo hejuru.
Tracy Umukunzi
Ntabwo yari asanzwe agaragara mu mashusho y’indirimbo, gusa ku mbuga nkoranyambaga akurikirwa
n’ibihumbi yaba kuri YouTube na Instagram.
Guhura kw'aba bombi byagizwemo uruhare n’inshuti ya Ross Kana yamufashije kubona umuntu wahuza
neza n’inkuru y’indirimbo.
TANGA IGITECYEREZO