Kigali

Hamenyekanye igihe imodoka y'agatangaza ya APR FC izagerera mu Rwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:7/02/2025 19:36
0


Umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa, yemeje ko iyi kipe yamaze gutumiza bisi nshya izajya itwara abakinnyi bayo, ikaba izagera mu Rwanda bitarenze iminsi 45.



Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Gashyantare 2025, ubwo yagarukaga ku myiteguro y’ikipe mu mikino yo kwishyura, Brig Gen Rusanganwa yagarutse ku kibazo cy’imodoka itwara abakinnyi b’iyi kipe. Muri rusange, APR FC yifashisha imodoka nto za ‘Toyota Coaster’ aho kuba bisi nini yihariye nk’uko bimeze ku makipe amwe n’amwe.

Mu gusobanura iby’iyi modoka nshya, Brig Gen Rusanganwa yavuze ko APR FC yamaze gutumiza bisi izajya ikoreshwa mu ngendo z’ikipe, kandi ko itegerejwe mu minsi mike iri imbere.

Yagize ati: “Twamaze gutanga ibisabwa byose, ubu dutegereje ko bisi yacu izanwa. Ntibyarenza iminsi 45, byose biterwa n’uburyo abayizana bazihuta.”

Muri iyi minsi, APR FC iri mu rugamba rwo guhatanira igikombe cya shampiyona, aho iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 31. Iri gutegura umukino ukomeye uzayihuza na Kiyovu Sports FC ku munsi wa 16 wa shampiyona, uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Gashyantare, kuri Kigali Pelé Stadium.

 

Imodoka nshya yo kujya itwara abakinnyi ba APR FC izagera mu Rwanda bitarenze iminsi 45






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND