Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwasabye abafana b'iyi kipe kugura umukinnyi Muhire Kevin kandi bo batarabasha kugura umukinnyi n'umwe.
Ku
gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo ikipe ya Rayon Sports yashyize hanze
igisa n'itangazo, ivuga ko Ubuyobozi bw'abafana bwifuza kugura Muhire Kevin. Ni
mu gikorwa ngarukamwaka cyitwa "Ubururu bwacu Agaciro kacu" aho
ubuyobozi bwa Rayon Sports bugurirwa umukinnyi n'abafana, kuri iyi nshuro
umukinnyi utahiwe akaba ari Muhire Kevin.
Muhire
Kevin ni umwe mu bakinnyi bahagaze neza mu Rwanda ndetse akaba umukinnyi
wagaragaje urwego rwo hejuru kuva yagaruka mu Rwanda mu mpere z'umwaka
ushize. Amafaranga yashizwe abafana bagomba gukusanya, aragera
kuri Miliyoni 40 z'amanyarwanda, ubundi agasinyira ikipe amasezerano y'imyaka
ibiri.
Ese ni cyo gihe cyiza cyo gusaba abafana
ba Rayon Sports kuba bagura umukinnyi?
Muhire
Kevin ni umukinnyi umuntu yahamya ko ijana ku ijana abafana ba Rayon Sports
bamukeneye, gusa ntabwo umukinnyi umwe ari we wubaka ikipe. Umuntu yavuga ko atari cyo gihe cyiza cyo kuba Rayon Sports yasaba abafana kubagurira umukinnyi
kuko batabanye neza.
Muhire Kevin ni umwe mu bakinnyi beretse ubunyangamugayo ikipe ya Rayon Sports ndetse n'abafana bayo
Rayon
Sports imaze icyumweru ivugwa ku isoko aho abakinnyi benshi bamaze kugura hano mu
Rwanda abenshi Rayon Sports yari yabagezeho. Uhereye kuri Ani Elijah rutahizamu wa Police FC iheruka kugura muri
Bugesera FC, abafana ba Rayon Sports bageze aho bizera ko ikipe
yabo ishobora kurarana uyu mukinnyi, ariko ibyabaye byose byarangiye Police FC imuguze.
Hakizimana
Muhadjri: Hari n'ibitangazamakuru byemeje ko Rayon Sports
yasinyishije uyu mukinnyi ariko ntabwo byari byo kuko Hakizimana Muhadjri yaje gutangariza
InyaRwanda ko ari umukinnyi wa Police FC, agaseko abafana ba Rayon Sports bari
bakubise gasubira mu bubiko.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports burakifashe mu mufuka ku isoko
Ntabwo
byagarukiye aho kuko Rayon Sports yaje no gutakaza Niyonizeye Fred wari
umukinnyi wa Vital'O FC yo mu Burundi waje mu Rwanda aje gusinyira iyi kipe
ndetse bikarangira Mukura Victory Sports imutwariye i Kabuga.
Abakinnyi
nka Ombolenga Fitina, Ishimwe Christian, Franck Nduwimana ukomoka mu Burundi
n'abandi batandukanye, ni abakinnyi bahoraga bizewe n'abafana ba Rayon Sports ko
basinye cyangwa bashobora gusinya, ariko amaso yaheze mu kirere.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwakora iki
kugira ngo abafana bakore mu muriro baseka?
Kugira
ngo Rayon Sports n'abafana bagendane neza, birasaba ko ubuyobozi bw'ikipe hari
ibyo bugomba gukora vuba, bikaba byatuma abafana babona ko hari gahunda yo kwiyubaka. Nibura
Rayon Sports yakabaye igura bamwe mu bakinnyi bibanze kandi bari hafi, ubundi
abafana nabo bakajya mu mujyo umwe n'ikipe.
Abafana ba Rayon Sports basabwe gutangiza urugamba rwo kugura abakinnyi mu ikipe yabo
Umukinnyi
bita Richard ukomoka mu Burundi, ni yakiniye ikipe ya Rayon Sports
kuri uyu wa Gatandatu ndetse akaba umukinnyi washimwe n'abafana. Bamwe mu bafana bifuza ko
Rayon Sports yabagurira uyu mukinnyi kuko bamubonyeho ubushobozi kandi akaba
agurika. Mu gihe uyu mukinnyi yakwinjira mu ikipe, byafasha abafana kumva impamvu
bagomba gukanda akanyenyeri, nk'abantu basenyera umugozi umwe.
Olivier Saif ni umwe mu bakinnyi badafite amasezerano n'ikipe n'imwe, akaba umukinnyi wanabakiniye kuri uyu wa Gatandatu mu mukino Rayons Sports yanganyijemo na APR FC ubusa ku busa muri Stade Amahoro.
Abafana bifuza kumenya niba Olivier Saif yamaze gusinya, ubundi nabo bagakubita inzu ibipfutsi bashaka amafaranga ya Muhire Kevin. Ntabwo ari abo bakinnyi gusa kuko abafana ba Rayon Sports bakeneye no kubona uruhare rw'umuyobozi kugira ngo berekwe inzira, aho kugira umufana agure mukinnyi mbere y'ubuyobozi.
Abafana
ba Rayon Sports bakunda ikipe yabo ndetse bumva bayikorera buri kimwe, ariko
kuri ubu busa n'aho bigoye kuba umufana yakwemura kurekura amafaranga atarabona
inzira itomoye y'ikipe ye nk'uko bamwe mu bafana ba Rayon Sports babitangarije inyaRwanda ariko bakaba bifuje ko amazina yabo yagirwa ibanga.
Umufana wa Rayon Sports ushaka gutanga inkunga mu kugura Muhire Kevin aranyura aha
TANGA IGITECYEREZO