FPR
RFL
Kigali

Igenewe abakundana! Chona Hodari yashyize hanze ‘Icyuzuzo’ akomoza ku cyerekezo gishya - VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/06/2024 17:42
0


Umuhanzi akaba n'umushyushyarugamba ufite ubumuga bwo kutabona uri gusoza amasomo ye muri Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Huye, Ndayizigiye Appolaire uzwi nka Chona Hodari, yamaze gushyira hanze indirimbo yise ‘Icyuzuzo’ icuranze mu njyana Gakondo.



Chona Hodari ni umusore ukorera muziki mu Majyepfo y'u Rwanda, by'umwihariko mu karere ka Huye, akaba ari gusoza amashuri muri kaminuza y' u Rwanda ishami rya akaba yiga ibijyanye n'ubugeni n'itunganyabitabo (Arts and Publishing).

Chona Hodari yatangiye umuziki 2021 ahera ku ndirimbo yise "Impamba." Nyuma yaho yakoze ibikorwa bitandukanye by'imyidagaduro byagiye bigarukwaho mu itangazamakuru nko gutegura ibitaramo ibitaramo agatumira abahanzi batandukanye bakomeye mu gihugu.

InyaRwanda yigeze kubaza Chona Hodari ibanga akoresha nk'umuntu ufite ubumuga bwo kutabona mu gutegura ibi bitaramo, avuga ko impano y'umuntu imubamo ngo n'ubwo yashaka kuyivamo yo imugumamo igakomeza ikamushorogotora.

Aragira ati: "Uko biba bimeze hari ubwo ubyiruka wiyumvamo impano yo kuririmba cyangwa gukora ikindi kintu, warangiza ugahura n'imbogamizi zituma usa nk'ucitse intege, ariko ibyo byose uko ugenda wegera imbere, ugenda ubona ingaruka za byo. 

Ni nayo mpamvu gukora muzika, gutegura ibitaramo, natangiye kubikora cyera ndi muto kandi nabikoraga mbikunze. Ikindi ndi muto nararebaga kuko ikibazo cyo kutabona cyaje nyuma".

Mu mbogamizi zinyuranye yagiye ahura na zo harimo ubushobozi bucye, ibi bikaba byaratumye agenda bigurintege mu muziki gusa ntiyigeze acika integer nubwo yabihuzaga n'amasomo.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, Hodari yashimangiye ko guhuza amasomo n’umuziki nta cyahungabanyije ikindi cyane ko buri kimwe akigenera umwanya wacyo bityo ntibigorane.

Akomoza ku mpamvu indirimbo ye nshya yayise ‘Icyuzuzo,’ uyu muhanzi yagize ati: “Iyi ndirimbo nayise ‘Icyuzuzo’ kuko ari indirimbo yo kuririmbira umukunzi cyangwa se ukayimutura. Bivuze ko iyo utarabona umukunzi hari icyo uba ubura, naho iyo wamubonye aza hari icyo yuzuza bityo rero iyo ikaba yarabaye imbarutso yo kuyita gutyo.” 

Yasobanuye ko igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyaturutse ku buzima asanzwe abamo kuko bujyanye n’akazi akora ko kuba umusangiza w'amagambo mu bukwe n’indi mirimo ijyanye n’ubukwe. Yafashe umwanzuro wo gukora mu nganzo nyuma y’uko hari babyeyi bamusabye kuyikora ku buryo nabo bakwisangamo bagacinya akadiho.

Akomoza ku butumwa buyikubiyemo yagize ati: “Iyi ndirimbo ikubiyemo amagambo yo kubwira umukunzi wawe ko ariwe waburaga mu buzima ngo ube wuzuye ndetse no kumuha isezerano ntakuka ryo kumukunda iteka. Iyi ndirimbo kandi igenewe abakundana, abitegura kurushinga ndetse n'abarushinze muri macye wayitura umukunzi wawe.”

Hodari avuga ko nyuma yo gusoza amashuri ‘agiye gushaka uko yinjira mu muziki ku buryo bukomeye binyuze mu gushaka abafatanyabikorwa bamufasha (management).’ Yasobanuye ko uruhare rwe mu guteza imbere umuziki nyarwanda ari ugukora ibihangano bishobora kuzana impinduka nziza muri sosiyete ndetse no kuba intangarugendero abandi bakamwigiraho.

Chona Hodari yasoje asaba abakunzi b’ibihangano bye kumushyigikira no gukomeza kumwereka urukundo ari ko barushaho gusangiza abandi ibihangano bye, yongeraho ko uwaba ufite ubujyanama cyangwa ubushobozi yifuza kumushyigikira yiteguye kumwakira na yombi.


Chona Hodari yagarukanye indirimbo y'abakundana ikoze mu njyana gakondo


Ni indirimbo n'ababyeyi bisangamo

Aherutse gutangaza ko kuba afite ubumuga bwo kutabona bidashobora gutsikamira impano yifitemo  


Ari kwandika igitabo yitegura gusoza amasomo ye ya Kaminuza, ku buryo nyuma yaho arinjira mu muziki neza

">Kanda hano urebe indirimbo nshya Chona Hodari yise "Icyuzuzo"

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND