Kigali

Soloba yifashishije 'Dumba w'Umuzungu' na Sankara muri ‘Fake Friend’ ikinamo Kecapu na Judy-YIREBE

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:31/05/2024 15:00
0


Soloba yakoze filime igaruka ku nshuti zihemukirana, ikaba yarasobanuwe na Sankara uri mu bihagazeho, ikinwamo n’abanyamahanga.



Mu ntangiriro za Gicurasi 2024, ni bwo Soloba yatangiye gushyira hanze filime yise ‘Ndi Umusirikare’, ikomeje kugira igikundiro mu bice byayo bimaze kujya hanze.

Kuri ubu agarukanye iyo yise ‘Fake Friend’ ifite amashusho yafatiwe mu Rwanda n'andi yo muri Afurika y'Epfo, ikaba ikinamo umuzungu umaze kwamamara nka Dumba muri sinema y’i Kigali.

Mu kiganiro na inyaRwanda, Soloba yavuze ko Fake Friend ari filime igaragaza ukuntu abantu bateye, uko ushobora kubana n’umuntu wari wizeye akaguhemukira ku munota wa nyuma.

Inkuru ishingiro yayo Soloba ayisobanura agira ati ”Filime yerekana umugabo n’umugore baba bafite ikibazo cyo kutabyara bose bacyekana, bibaza utabyara ari nde.”

Birangira umugore aciye inyuma umugabo, bakamutera inda, umugabo akishyira mu myanya azi ko ari we watsinze igitego, nyamara rwaratashywe n’inshuti ye magara yatangiye no gushaka kumwica.

Soloba n'ubwo muri iyi minsi afite imirindi muri filime n’urwenya, ariko ni umuhanzi mwiza n’umwanditsi w’indirimbo wanitabajwe na Rema Namakullah ufitanye indirimbo na The Ben.

KANDA HANO UREBE 'FAKE FRIENDS' FILIMI NSHYA YA SOLOBA 


Soloba yinjije abantu muri Gicurasi 2024 muri filime y'uruhererekane yise 'Ndi Umusirikare' ikinamo Kecapu, Judy n'abandiIyi filime igaragaza uburyo hari ubwo umuntu aba azengutswe n'inshuti mbi mu bayikinamo harimo Soloba, Dumba w'umuzungu na BenYasobanuwa na Sankara Da Premier uri mu bagezweho mu mwuga wo gusobanura mu Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND