RFL
Kigali

Nyuma yo gukina filime yipfisha yahise apfa bitari imikino

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:21/05/2024 17:59
0


Umukinnyi wa filime yashyizwe mu isanduku akina filime yamusabaga kwitwara nk’uwapfuye, ariko birangira ubuzima bwe bubigendeyemo ntiyashobora gukanguka agenderako.



Inkuru mbi yumvikanye mu itsinda ry’abakina filime ubwo baburaga umwe mu bakinnyi babo bakamwishyingurira babonaga ari imikino.

Ubwo batangiraga gukina, yambitswe ikanzu y’umweru bambika abantu bitabye Imana, maze bamuryamisha mu isanduku bahagarara ku ruhande n’impapuro zanditseho uko filime ikinwa.

Ubwo basozaga ibyo bagomba gukina, bakomeje gutegereza ko uyu mugabo ahaguruka ariko biba iby’ubusa. Inkuru yaje gukwira ko nyuma yo gukinisha umukinnyi wabo apfa, yaje kugenderako agapfa amarabira.

Inkuru ya Faceofmalawi ivuga ko uyu mugabo utavuzwe izina yapfuye nyuma yo kuryama mu isanduku yipfisha nk'uko filime yari yanditse, ariko bikarangira bitagenze neza kubyuka bikanga bagasanga yumye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND