RFL
Kigali

Benshi barabikerensa! Igisobanuro cyo kurota usomana

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:21/05/2024 15:35
0


Buri nzozi zigira ubusobanuro bwazo, gusa kurota usoma umuntu bishobora gutangaza benshi bakaba batekereza nabi ndetse bakiba impamvu y’izo nzozi, niyo mpamvu ugiye gusobanukirwa ikihishe inyuma yazo.



Kurota uri mu bikorwa bifite aho bihuriye n’urukundo, bisobanura ibintu byinshi ndetse bihura n’ukuri akenshi kuko inzozi zigaruka mu ntekerezo kubera ibyo umuntu ashobora kuba yirirwamo cyangwa rimwe na rimwe bikaza bitunguranye.

Gusomana n’uwo ukunda ni kimwe mu bikorwa bikorwa mugaragarizanya urukundo, akenshi bikabanziriza imibonano mpuzabitsina iyo muyikora, gusa hari n’abasomana badateganya icyo gikorwa bikarangirira aho.

Muri iyi nkuru urasobanukirwa impamvu zigutera kurota usoma umuntu cyangwa uwo mukundana, ariko kandi biterwa n’igice warose usoma. Medium itangaza ko izi nzozi muri rusange zigaragaza ko ukeneye urukundo cyangwa kwitabwaho mu rukundo.

Dore uko zisobanurwa:

       1.     Kurota usoma umunwa w’umuntu utazi

Izi nzozi zisobanura ko ukeneye umubano udasanzwe n’umuntu kandi ko ukeneye kugira ibihe byiza n’uwo ukunda. Ushobora kubirota utari mu rukundo, gusa bigaragaza ko hakenewe urukundo mu buzima bw’umuntu.

       2.     Kurota usoma uwo wakunze “Crush”

Iki ni kimwe mu bimenyetso bizakwereka ko wakunze bya nyabyo uwo muntu ndetse ko wifuza kugirana nawe umubano ugiye kure. Bamwe bakunda abantu bikarangira batabivuze cyangwa banabivuga bikarangirira aho badakundanye bombi.

      3.     Kurota uwo mukundana asoma undi

Bivugwa ko izi nzozi zikunze kuba ku bantu bafuha cyane cyangwa ku muntu utiyizeye mu rukundo, rimwe na rimwe akaba atizeye n’uwo bari kumwe mu rukundo. Uku kudatekana gushobora guterwa n’imyitwarire idahwitse ubona ku mukunzi ikagutera gutekereza bigiye kure.

      4.     Kurota usoma umugore wa mwarimu wawe

Izi nzozi zisobanura ko wubaha cyane uyu muntu ndetse umubona nk’umuntu ukomeye.

      5.     Kurota usoma icyamamare

Bamwe barota basoma abahanzi bihebeye, abakinnyi ba filime bakunda, ibyamamare mu myuga itandukanye kandi wenda batanaziranye. 

Ibi bisobanura ko ukunda cyane ibyo uyu muntu akora ndetse ko umukurikira kenshi. Hari abisanga banabakunda bitewe no gukora ku marangamutima yabo kubera gukora neza ibyo babamo.


Bitewe n’igice cy’umubiri urose hari ubusobanuro butandukanye bw’inzozi. Gusa icyo kuzirikana ku nzozi zifite aho zihuriye no gusomana ni uko bigaragaza ibyiyumviro ndetse ku muntu runaka cyangwa hari ibyo ukeneye bifite aho bihuriye n’ubuzima bw’urukundo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND