Buri mubyeyi wese anezezwa no guha umwana we izina ryiza kandi rifite igisobanuro cyiza bijyanye n'icyo amwifuriza kugeraho, gusa usanga hari benshi baha amazina abana babo nyamara batazi ubusobanuro bwayo.
Ba Hubert bakunze
kurangwa no guhorana akanyamuneza, ubabonye akabona bahora bakeye mu maso,
bakunze kugira igitinyiro kivanze n’igikundiro, bakagira ubuntu n’urugwiro.
Ba Hubert kandi bakunze
kumenya kubara inkuru neza, ibi bigatuma bakurura abantu iyo hari ikintu bari
gusobanura cyane cyane bashaka kugaragaza ukuri.
Abantu bafite iri zina
ibyo banyuzemo bikunze kubabera isomo kandi ntibapfa gucibwa intege n’ibyo
bahura nabyo.
Icyifuzo gihora ku mutima
wa ba Hubert ni ukugera kuri byinshi bishoboka mu buzima birimo ubutunzi,
imbaraga kandi bagakunda kumenyekana igihe bakoze ikintu kidasanzwe.
Ba Hubert boroherwa cyane
no guhanga udushya ndetse n’ubushobozi bwo gukemura ibibazo byabaye
ingorabahizi.
Uku gushaka kumenyekana
no kugera kuri byinshi bituma ababari iruhande bumva ko bashaka kubayobora
batitaye ku byo bo batekereza.
Hubert akunda kugaragara
neza, ashaka gukundwa, ibyo bigatuma yiyitaho mu myambarire cyangwa ugasanga
azi kuganiriza neza abantu. Agira amatsiko, ashaka kugira ubumenyi ku bintu
byose kandi nawe akunda gusangiza abantu ubumenyi afite.
Abantu bafite iri zina bakunze kurangwa no kudakunda amafaranga cyane kuko baba bumva ko aza akagenda, ibi bituma bashobora gukorera amafaranga menshi ariko agashira vuba.
TANGA IGITECYEREZO