Hari Ibihugu biba bituwe n'umubare munini w'abagore kurusha uw'abagabo babituye, hari naho imibare iba ijya kwegerana ndetse hari n'aho Abagabo baba ari benshi kurusha Abagore. Ibi byose biterwa n'impamvu zitandukanye.
Umuryango w'Abibumbye (UN) uvuga ko hariho abagabo benshi kurusha abagore ku Isi, ikanavuga ko abantu biyongera ku kigero cya miliyoni 90 ku mwaka ku Isi yose/ bivuze ko isi yunguka abantu miliyoni zirenga 90 batari basanzwe bayiriho buri mwaka.
Raporo ya UN iherutse gusohora ivuga ko hari abagabo 101.7 ku bagore 100 aha n’impuzandengo ku Isi hose. Mu bihugu bifite umubare munini w'abagore ibyinshi ni ibyo ku mugabane w'Uburayi n'Amerika yo mu Majyepfo. Nta gihugu na kimwe cyo muri Africa yagaragaye kuri uru rutonde.
Ibi nibyo bihugu bifite umubare mu nini w’abagore kurusha abagabo nk'uko worldatlas ibitangaza:
1. Nepal
Umubare w’abagore ni 54.4%.
2. Latvia
Umubare w’abagore ni 54.0%.
3. Lithuania
Umubare w’abagore ni 53.7%.
4. Ukraine
Umubare w’abagore ni 53.7%, iyi mibare ya Ukraine ishobora kuba yarahindaguwe n’intmbara kuko iyi raporo ni iya mbere y’intambara.
5. Russia
Umubare w’abagore ni 53.7%. mu Burusiya naho iyi mibare ishobora kuba yarahindaguwe n’intmbara kuko iyi raporo ni iya mbere y’intambara.
6. Belarus
Umubare w’abagore ni 53.5%.
7. El Salvador
Umubare w’abagore ni 53.2%.
8. Armenia
Umubare w’abagore ni 53.0%.
9. Estonia
Umubare w’abagore ni 52.7%.
10. Portugal
Umubare w’abagore ni 52.7%.
Ibi ni byo bihugu bifite ikibazo cy’ubusumbane ku bitsina, ku buryo abaturage babituye bahura n’ikibazo cyo kubura abo bashakana cyangwa se ugasanga umugabo atunze abagore benshi.
TANGA IGITECYEREZO