RURA
Kigali

Bushali na B-Threy bategerejwe mu bitaramo ‘bya mbere’ mu Bufaransa

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/05/2024 20:52
0


Abaraperi bakuranye nk’impanga mu muziki, Hagenimana Jean Paul [Bushali] ndetse na Muheto Bertrand [B-Threy] bategerejwe mu Mujyi wa Lille mu gihugu cy’u Bufaransa, aho bazakorera ibitaramo bitatu bisunze ibihangano by’abo byubakiye ku mudiho wa Kinyatrap.



Ni ubwa mbere aba bahanzi bombi bazaba bataramiye mu Bufaransa. Ariko baciye ibintu mu bitaramo binyuranye bagiye bagaragaramo mu Rwanda birimo nka Iwacu Muzika Festival, ibya sosiyete zinyuranye, iby’abo bwite n’ibindi binyuranye.

Indirimbo z’abo zatumye hari ababafata nk’abahanganye, ariko bagiye bagaragaza ko gukurira muri Label ya Green Ferry Music byaguye imbago z’umuziki w’abo.

InyaRwanda yabonye amakuru avuga ko Bushali azaba ari kumwe na B-Threy ndetse na Producer Dr Nganji wamuritse impano y’abo.

Urugendo rw’abo ruzatangizwa n’igitaramo cya mbere bazakora ku wa 23 Gicurasi 2024, kizabera ahitwa mu nyubako y’imyidagaduro ya Théâtre National de Chaillot, ariko kandi hazagaragazwa urugendo rw’umuziki wa Bushali, na B-Threy binyuze mu njyana ya Kinyatrap.

Ku wa 24 Gicurasi 2024, aba bahanzi bombi bazaririmba mu iserukiramuco ryiswe ‘Africa Fest’ rihuza abahanzi bakomeye mu Bufaransa no mu bindi bihugu; urugendo rw’abo ruzasozwa tariki 25 Gicurasi 2024, baririmba mu iserukiramuco ryiswe ‘Nyege Nyege’ (Risanzwe ribera muri Uganda, ariko ribanza kubera mu Bufaransa).

Bushali na B-Threy bakoranye indirimbo 'Nituebue' yamamaye mu buryo bukomeye bahuriyemo na Slum Drip, iri kuri Album 'ku Gasima'.

Bombi bahahuriye mu ndirimbo 'Amabara' bakoranye na Marina ndetse na Alyn Sano. Banaririmbye mu ndirimbo 'Blessed' ya Wamunigga yaririmbyemo Bull Dogg, Bruce The 1St, Papa Cyangwe, Fireman na Jay Pac.

Dr Nganji bazajyana mu Bufaransa yanabahurije mu ndirimbo bise 'Kanyabunyobwa' imaze umwak isohotse.

Mu Mujyi wa Lille aho Bushali na B-Threy bazataramira, ni Umurwa Mukuru w’Akarere ka Hauts-de-Frnce mu Majyaruguru y’u Bufarana, hafi y’Umupaka n’u Bubiligi. Ni Umujyi w’umuco na Kaminuza nyinshi utuwe n’abantu benshi muri iki gihe. Wahoze ari umurwa w’abacuruzi bakomeye mu Bufaransa.

Uyu Mujyi uteretse ku buso bwa 34.8 km2, aho utuwe n’abantu 1,085,000 ushingiye ku mibare itangazwa mu mezi ya mbere y’uyu mwaka. Mu 2023, uyu Mujyi wari utuwe n’abantu 1,079,000 bigaragaza izamuka rya 0.56% ugereranyije n’umwaka wa 2024.

Ku nshuro ye ya mbere, umuraperi Bushali agiye gutaramira mu gihugu cy'u Bufaransa
Nyuma y'uko aherutse gushyira hanze Extended Play (EP), B-Threy ategerejwe mu Bufaransa mu bitaramo bitatu

Dr Ngaji uherutse gushyira hanze Album ya kane yise 'Kinyarwanda' ategerejwe mu Bufaransa 

KANDA HANO WUMVE ALBUM 'KINYARWANDA' YA PRODUCER DR NGANJI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND