RFL
Kigali

Juma Jux yahakanye ibivugwa hagati ye na Huddah Monroe wamutandukanije na Karen

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:20/04/2024 8:32
0


Juma Mussa Mkambala [Juma Jux] yagarutse ku buryo kwamamaza indirimbo yifashishije Huddah Monroe byamuviriyemo gutandukana n’umukunzi we Karen Bujulu.



Aha yakomozaga ku bibazo Huddah Monroe yamushyizemo ubwo yamwifashishaga nka ‘Video Vixen’ mu ndirimbo bagahita bafatanya kuyamamaza, uburyo babikozemo bikaba byaragize ingaruka mbi kuri Karen Bujulu.   

Juma Jux yagarutse ku buryo uko yafatanyaga na Huddah Monroe kwamamaza ibi bikorwa byazanye agatotsi mu mubano we na Karen bakundanaga cyane nyuma yo kubona amashusho yabo basomana.

Avuga ko ibi byanatumye  atandukanaho na Karen Bujulu ati”Ibyo nibyo byatumye dutandukana ariko ntabwo nigeze nkundana na Huddah.”

Jux avuga ko yari yarabwiye Karen uburyo bagiye kwamamazamo indirimbo afatanije na Huddah ariko ibi byose atigeze abyakira.

Akomeza agaragaza ko yagerageje ko yakongera kwiyunga Karen kubera ko asanga ibyo bakoze na Huddah Monroe  bitigeze bikora.

Uyu muhanzi nasezeranije Karen byinshi ariko ntabwo yigeze abyumva yaba kumuha telefone arebe byose akoreraho ariko gusubirana byaranze.

Ubusanzwe Jux ari mu bantu batahiriwe n'ibijyanye n’urukundo kuko yigeze gukundanaho na Vanessa Mdee imyaka igera muri itandatu ariko birangira batandukanye, uyu mukobwa asanga  Rotimi ubu bamaze kubyarana abana 2.Aha Karen Bujulu yari kumwe na Juma Jux bari mu rukundo rutarambye Imyitwarire  ya Huddah Monroe na Juma Jux bakoranye ku mushinga Simuachi yakuruye amakuru yo gukundana kwaboJuma Jux yatangaje ko atigeze akundana na Huddah Monroe byose byari akaziImyitwarire ya Huddah Monroe na Juma Jux yazamuye umwuka mubi mu rukundo rw'uyu muhanziKaren Bujulu yatandukanye na Juma Jux watangaje ko yagerageje icyatuma biyunga ariko byakomeje kuba ingorabahizi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND