Naseeb Abdul Juma Issack [Diamond Platnumz] yafashe umwanya agaruka ku buryo ishoramari ry’umuziki risigaye ryihagazeho, akeza Davido anaboneraho kugira inama abandi bahanzi.
Mu buryo budaciye ku ruhande, Diamond Platnumz yavuze ko asigaye akoresha akayabo mu gukora amashusho y’indirimbo imwe aho akoresha agera kuri
Miliyoni 490 z’Amashilingi ya Tanzania cyane cyane iyo byamusabye kujya gukorera
hanze.
Ibi yabitangaje ubwo yari ari mu kiganiro kigaruka ku
iserukiramuco rya Bite Vibes ritegerejwe na benshi muri Dar es Salaam kuri
Kijitonyama Post Grounds.
Uyu muhanzi ufite indirimbo zigezweho nka
Mapozi, Shu, Yatapita na My Baby, yabivuze yumvikanisha ko hakenewe ishoramari rifatika
mu kurushaho kuzamura umuziki wa Afurika.
Diamond yavuze ko bimusaba ibihumbi
byibuze 190 by’amadorali uvunje akaba ari Miliyoni zikabakaba 490 z’amashilingi
ya Tanzania, naho mu manyarwanda ararenga Miliyoni 244.
Avuga ko ari ku ndirimbo aba yakoreye
hanze ati: ”Gukorera indirimbo y’amashusho hanze birahenda, ndibuka narimo
mfatira amashusho y’indirimbo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika byantwaye agera
ku bihumbi 190 by’amadorali.”
Agaragaza ko biba bitoroshye ibirebana n’umuziki
mu ruhando mpuzamahanga.
Mu myaka yatambutse Diamond yakoranye indirimbo n’abahanzi mpuzamahanga guhera kuri Neyo bakoranye Marry You, African
Beauty na Omarion, Waka yakoranye na Rick Ross na Hallelujah yakoranye na
Morgan Heritage.
Nyinshi mu ndirimbo z’uyu mugabo yagiye azikorera mu bihugu
bikomeye nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Afurika y'Epfo, u Bwongereza, Nigeria n’ahandi
hanyuranye.
Ibi byatumye abakurikirana ibikorwa bye ku
mbuga nkoranyambaga no kuzicururizwaho umuziki biyongera umunsi
ku wundi.
Yaboneyeho kandi gushima Davido ku itafari yashyize ku
muziki we yemera ko bakorana indirimbo ‘Number One Remix’ yamuzamuriye izina mu
buryo bumwe n’ubundi.
Diamond yagize ati: ”Davido ni nk’umuvandimwe, ntahaye
icyubahiro uruhare yagize mu buzima bwanje naba nirengagije, benshi aho tugeze ni
ku bwe, rero nkwiriye kumushima.”
Yaboneyeho kugira inama abandi bahanzi, avuga ko
bagakwiye kubyaza umusaruro ubuhanzi bwabo bashora no mu bindi bintu nk’ibitangazamakuru
byabo.
Agaragaza ko aho isi igeze abantu bakwiriye kubonamo ubuhanzi igishoro aho kumva ko bujyamo ababuze ibindi bakora ati: ”Bitari gushora gusa mu itangazamakuru ahubwo no mu bundi bucuruzi, dufite gukoresha umwanya tugasiga ibigwi.”
TANGA IGITECYEREZO