RFL
Kigali

Mu Buyapani ‘Pamper’ z’abantu bakuru ziri gushira vuba ku isoko kurusha iz’abana

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:29/03/2024 15:45
0


Sosiyete ikora ‘Pamper’ mu Buyapani ya Oji Holdings yatangaje ko yahagaritse gukora pamper z’abana, itangira gushyira ingufu cyane mu gukora iz’abantu bakuru kuko arizo zikomeje kugurwa ku bwinshi ku isoko.



Iyi sosiyete ya Oji Holdings niyo ibay iya mbere mu gufata umwanzuro wo gucurikira isoko kuri Pamper z’abakuru, nyuma y’uko hatangajwe ko urugero rw’abavuka mu Buyapani rwagabanutse cyane naho urw’abageze mu zabukuru rukarushaho kwiyongera.

Umwaka ushize mu 2023, abana bavutse muri iki gihugu bari 758.631, bisobanuye ko igipimo cy’abavuka cyagabanutseho 5,1% ugereranije n’uko byari bimeze mu mwaka wabanje wa 2022.

Iyi, niyo nshuro ya mbere iki gipimo kigabanyutse cyane mu mateka y’u Buyapani kuva mu kinyejana cya 19, aho mu myaka ya za 1970, abana bavuka banganaga na miliyoni ebyiri ku mwaka.

Iki kibazo ntikigaragara mu Buyapani gusa, kuko no muri Hong Kong, Singapour, Taiwan na Korea y’Epfo (igihugu gifite umubare muto cyane w’abavuka), urugero rw’abavuka rukomeje kugabanuka cyane

Mu 2011, kompanyi ya mbere mu gukora impapuri z’isuku za ‘pamper’ mu Buyapani Unicharm, yavuze ko iz’abageze mu zabukuru arizo zagurishijwe cyane kuruta iz’abana. Kuva icyo gihe isoko ryakomeje kwaguka ku bakuze, ubu bikaba bivugwa ko ryinjije asaga miliyoni 2 z’amadolari.

Kugeza ubu, u Buyapani buri mu bihugu bya mbere ku isi bifite umubare munini w’abantu bakuze cyane, aho abangana na 30% batuye iki gihugu ari abafite imyaka 65 kuzamura. 

Mu mwaka ushize, igipimo cy’abarengeje 80 cyarazamutse kirenga 10% mu Buyapani. Ni mu gihe u Buyapani n’u Bushinwa, biri mu bihugu byashyizeho itegeko ryo rishishikariza abantu kubyara abana bacye.


Mu Buyapani 'Pamper' z'abageze mu zabukuru ziri kuggurwa cyane kuruta i'z'abana bato

Byatewe n'uko umubare w'abakuze wiyongereye cyane ukaruta uw'abavuka muri iki gihugu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND