RFL
Kigali

Tyla yaciye agahigo kataragirwa n'undi muhanzi nyafurika

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:29/03/2024 11:06
0


Tyla Laura Seethal [Tyla] nyuma y’iminsi micye ashyize hanze umuzingo yahurijeho abahanzi barimo na kabuhariwe Travis Scott, yamaze kwibikaho agahigo ku rubuga rwa Spotify anyura kuri Burna Boyz.



Tyla akomeje kuzamuka byihuse mu muziki w’Afurika. Uyu mukobwa uheruka kwegukana Best African Performance Artist muri Grammy Awards, yaciye agahigo kuri Spotify.

Mu cyumweru kidashyika amaze ashyize hanze indirimbo 14 zigize umuzingo we wa mbere yise ‘Tyla’, yamaze guca agahigo katari kagirwa n'undi munyafurika wese.

Ni we muhanzi ugezweho kuri uru rubuga, umwanya yakuyeho agahigo kari gafitwe na Burna Boyz. Album ye ikaba yumviswe n'abagera kuri Miliyoni 630 mu gihe kiri munsi y’icyumweru igiye hanze.

Kugeza ubu Taylor Swift ni we ufite agahigo ko kuba Album ye yarumviswe cyane binyuze kuri Spotify mu cyumweru cya mbere akaba ari iyitwa Midnight yumviswe inshuro Miliyoni 776 kuri uru rubuga.

Uyu mukobwa yamaze kwibikaho akandi gahigo aho indirimbo "Water Remix" yakoranye na Travis Scott, yarebwe inshuro Miliyoni 1 kuri YouTube.

Yaherukaga gutangaza ko byamufashe imyaka 3 gutegura uyu muzingo yashyize hanze, ariko indirimbo ‘No1’ yakoranye na Tems niyo yabaye nk'ituma atindaho.

Avuga ko yumvaga atashyira hanze umuzingo uyu muhanzikazi atariho kandi yamwoherereje igitero cye asa n'utinze.

Ni gacye wabona umuhanzi ugitangira uri kumuvuduko nk'uwa Tyla by’umwihariko wo muri Afurika ngo yisange ashyize hanze Album igire igikundiro gikomeye kandi ibe iriho abahanzi bakomeye.

Ni agahigo gafitwe n'abahanzi mbarwa ku isi kugira Album yumviswe na Miliyoni zisaga 630 kuri spotify mu cyumweru cyayo cya mbereAlbum ya mbere ya Tyla yayitiriye izina rye ikaba igizwe n'indirimbo 14Travis Scott ari mu bahanzi bakoranye na Tyla kuri Album ya mbere kimwe Tems uri mu bihagazeho muri iki gihe

KANDA HANO WUMVE UNAREBE ALBUM YA TYL A I TYLA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND