RFL
Kigali

Bigoranye AS Kigali yemeye gusubukura imyitozo

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:25/03/2024 9:32
0


Abakinnyi ba AS Kigali bemeye gusubukura imyitozo bitegura umukino wa shampiyona w'umunsi wa 25.



Tariki 15 Werurwe, nibwo abakinnyi b'ikipe ya AS Kigali, bahagaritse imyitozo bavuga ko batazongera kwitabira akazi mu gihe bazaba badahawe umushahara nibura w'amezi abiri muri  atatu baberewemo. Ibi bimaze kuba, AS Kigali yabaye nk'itakira umujyi wa Kigali ariko ubuyobizi bubabwira ko amafaranga bari bemerewe yamaze gushiramo.

Ubuyobozi bwa AS Kigali bwaje guhitamo gutuza ndetse buri wese ubona ko asa naho nta gisubizo afite ku cyifuzo cy'abakinnyi. Nyuma yo kubona bigoranye, Shema Fabrice wahoze ari umuyobozi wa AS Kigali ndetse akaba ari no muri komite y'iyi kipe yaje gusaba abakinnyi gusubukura imyitozo, ubundi akazabihembera.

Shema yabwiye abakinnyi ko kuri uyu wa mbere abahemba ukwezi kumwe, ubundi mu mpera z'iki cyumweru nabwo akabaha ukundi kwezi.

Abakinnyi bemeye uyu muyobozi ko bagomba kwitabira imyitozo ndetse ikipe ikaba iribukorere ku kibuga cyo hanze cyo kuri Tapi itukura kuko muri Kigali Pele Stadium basanzwe bakoreramo, harimo ibikorwa rwa bya Leta.

As Kigali izasura ikipe ya Sunrise FC mu mukino w'umunsi wa 25 uzaba kuri iki cyumweru tariki 31 Werurwe 2024.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND